Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Togo

Kuri uyu wa Gatatu mu gitondo, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Perezida w’Inama y’Abaminisitiri wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, wagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Perezida Kagame yakira Faure Essozimna Gnassingbé wa Togo

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko ibiganiro hagati y’aba bayobozi byibanze ku gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Togo, ndetse no kurebera hamwe uburyo bwo gukomeza guteza imbere ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, ubucuruzi, ishoramari n’umutekano w’akarere.

Abakuru b’ibihugu bombi bagiranye ibiganiro


Perezida Kagame na Perezida Faure Gnassingbé banagarutse ku bibazo by’umutekano n’ituze mu karere, baganira ku ruhare rw’ibihugu byombi mu gushyigikira amahoro, ubufatanye bw’ibihugu bya Afurika ndetse n’ingamba zigamije gukemura amakimbirane binyuze mu nzira z’ibiganiro. U Rwanda na Togo bisanzwe bifitanye umubano wa dipolomasi umaze imyaka myinshi, aho ibihugu byombi bikomeje gukorana mu bikorwa bitandukanye bigamije iterambere n’inyungu rusange z’abaturage babyo.

Uru ruzinduko rwa Perezida Faure Gnassingbé rugaragaza ubushake bwo gukomeza kwimakaza uwo mubano no kongera ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ubufatanye bw’akarere no gushyira imbere ituze n’amahoro bikomeje kuba imwe mu ntego z’ingenzi abayobozi ba Afurika bagarukaho, cyane cyane muri iki gihe bimwe mu bihugu bi

komeje guhura n’ibibazo by’umutekano n’iterambere.