Umugore w’imyaka 25 akurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo akekwaho kugerageza kwivugana umugabo we amuhaye inzoga yari yashyizemo Super Glue.
Ibi byabereye mu Murenge wa Rutunga, Akagali ka Kigabiro, Umudugudu wa Rwintare ku wa 9 Kamena 2026, aho amakuru avuga ko uregwa yaguze inzoga akazivangamo iyo ngoyi ikoreshwa mu gufatanya ibintu mbere yo kuziha umugabo we.
Icyakora umugabo ntiyazinyoye kuko yagize amakenga abonye zahinduye ibara.
Mu ibazwa rye, uregwa yemeye ibyo akekwaho asobanura ko yashakaga kwihorera umugabo we amuziza ko yanze ko bimuka aho bari batuye, kandi ari ahantu yari yarabyariye abana batatu bose bagapfa.
Akomeje gukurikiranwa ku cyaha cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cyo kuroga, giteganywa kandi kigahanishwa n’ingingo ya 21 n’iya 110 z’Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

