Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Uganda:Politiki ya Museveni irashinjwa ‘kwica Demokarasi’ - FLASH RADIO&TV

Uganda:Politiki ya Museveni irashinjwa ‘kwica Demokarasi’

Uwahoze akuriye urwego rw’ubutasi mu gihugu David Pulkol yavuze ko politiki y’umukandida umwe rukumbi yishe domokarasi mu gihugu kitwa ko cyemera politiki y’amashyaka menshi.

Ikinyamakuru Chimp reports cyanditse ko uyu mugabo yavuze ko ubundi mu ishyaka ababishaka bose bagakwiye kujya bahaguruka bakagaragaza ubushake bwabo, ariko ngo ikibazo gihari ni uko ugerageje kwereka perezida w’ishyaka ko nawe ashaka kuzamuka bimugiraho ingaruka.

Iki kinyamakuru cyandikako David Pulkol yanatunze urutoki ishyaka NRM riri k’ubutegetsi, avuga ko umuntu wese ugerageje kwerekana ko Museveni atari kamara, utishwe ameneshwa akangishwa rubanda.

Uyu muco ngo wanageze mu yandi mashyaka, urishinze aba yumva ariwe shyaka kurusha abandi bari kumwe. Ingaruka byazanye ngo ni uko bigoye kuzabona usimbura Museveni yaba mu ishyaka cyangwa se ku butegetsi bw’igihugu.