Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Umuraperi Kodak Black yatawe muri yombi azira gutunga intwaro no gukoresha ibiyobyabwenge - FLASH RADIO&TV

Umuraperi Kodak Black yatawe muri yombi azira gutunga intwaro no gukoresha ibiyobyabwenge

Polisi ivuga ko Bill K. Kapri uzwi nka Kodak Black na bagenzi be babiri, bagerageje kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika baciye ku  kiraro cya ‘Lewiston-Queenston International’ bakoresheje ibyangombwa by’agateganyo bitangwa na Leta ya California.

Polisi ikomeza ivuga ko yamusanganye urumogi mu modoka yari atwaye n’imbunda yo mu bwoko bwa ‘Glock 9mm pistol’.

Ifatwa ry’uyu muraperi, rije nyuma y’uko ahisemo kureka igitaramo yagombaga gukorera i Boston kuri ‘The House of Blues’ ariko ntiyigeze ahakandagiza ikirenge.

Kodak Black agiye muri gereza nyuma yo kwibasirwa n’ibindi byamamare birimo The Game na T.I bimuziza kwifuza Lauren London wari umaze gupfusha umukunzi we ‘Nipsey Hussle’.


Ubwo  Ermias Joseph Asghedom  “Nipsey Hussle”  yitabaga Imana, Kodak yavuze ko yiteguye kugerageza amahirwe ye ngo Lauren London amukunde.

Leave a Reply