73 biswe Intagamburuzwa basezerewe muri ‘One Dollar Campaign’

Abasore n’inkumi bagizwe imfubyi na Jenoside  yakorewe Abatutsi, bari bacumbikiwe mu
nyubako ya ‘One Dollar Campaign’,  mu
mpera z’icyumweru dusoje barasezerewe bajya 
kwibeshaho mu buzima bwo hanze.

Ministeri y’Ubutegetsi
bw’Igihugu yabijeje ko Leta izababa hafi mu buzima bwo hanze bagiyemo.

Abaserewe ni Aba basore
n’inkumi 73, kandi bari bamaze iminsi itanu mu itorero i Nkumba batozwa kuzabaho
mu buzima bwo hanze.  Aba bahawe izina
ry’Intagamburuzwa ndetse bose barangije Kaminuza.

MUNYANGAJU Jean Claude
wavuze mu izina ry’abagenzi be yavuze ko badatewe ubwoba n’ubuzima bwo hanze
bagiyemo.

Ati “ Twe nta bwoba dufite bwo kujya hanze muri
sosiyeti, kuko twese turi Abanyarwanda nk’abandi; igihugu gifite inshingano zo
kurebera Abanyarwanda bose muri rusange, kandi nizera ntashidikanya y’uko ibyo
twemerewe n’igihugu bizadufasha kugera ku ntego twiyemeje.”

Aba basore n’inkumi
basezerewe, hari hashize imyaka isaga itanu bacumbikiwe mu nyubako ya ‘One
Dollar Campaign’.

Muneza Emmanuel Uyobora
Umuryango w’Abanyeshuri Barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) avuga ko
basezerwe barateguwe neza.

Ati “ Twabateguye mu buryo butandukanye, hari
uburyo bwo kubategura mu myumvire, ko bagiye mu buzima batari bamenyereye,
ariko no kubategura mu buryo bwo kwihangira imirimo, kuko bagiye mu ikotaniro
ry’akazi. Ntago bazongera kubona ababagaburira ibiryo ngo babaterekere ku meza,
ni ukujya kubyishakira.”

Minisitiri w’Ubutegetsi
bw’Igihugu yijeje aba basore n’inkumi basezerewe mu nyubako ‘One Dollar Campaign’
ko Leta izakomeza kubashyigikira no kubatera inkunga mu buzima bazaba barimo.

Ati “ Haganiriwe rero ibyo bifuza kugeraho, hari
imishinga bashaka gukora. Hari uburyo baherekezwa kugira ngo bajye kubaka ingo
zabo bemye, hari n’imperekeza zijyanye no gukomeza kububaka kugira ngo hatagira
utsikira ngo asubire inyuma.”

Biteganyijwe ko
abasezerewe mu nyubako ya ‘One Dollar Campaign’ bazahabwa amafaranga yo
kubafasha kwibeshaho mu buzima busanzwe , bakazafashwa no gukora imishinga
ibyara inyungu no kubona aho kuba.

Inyubako y’umushinga wa ‘One Dollar campaign’ yatangiye kubakwa mu mwaka wa 2010, yuzura mu mwaka wa 2014. Kuri ubu isigayemo abagera kuri 65, ariko biteganyijwe ko mu biruhuko hazongerwamo abandi banyeshuri badafite aho bataha.

Abasore n’inkumi basezerewe biswe ‘INTAGAMBURUZWA’

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu

Daniel HAKIZIMANA

Leave a Reply