Abarokotse Jenoside batangiye guhutazwa bazira kwishyuza ibyabo

Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge iravuga ko ihangayikishijwe no kuba ibibazo bituruka ku mitungo yangijwe muri Jenoside kugeza ubu itarishyurwa bikomeje kwiyongera.

Magingo aya haracyari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi  bakigaragaza ko ari ikibazo kuba baratsinze imanza muri Gacaca ariko imyaka igashira indi igataha batarishyurwa ibyabo.Hari n’abashingira kuri ibi bakagaragaza ko kutishyurwa ari kimwe mu bishobora kubangamira kugera ku gipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge kifuzwa.

Umwe muri bo uturuka mu karere ka Nyamagabe yagize ati “Imitungo yanjye nibo bayangije rero nibanyishyure ibyanjye niba atari nabo babikoze bamenyesha ababikoze.”

Undi ati“Kugeza iyi saha ntabwo turimo twishyurwa ibi rero bibangamira ubumwe n’ubwiyunjye banyiciye abantu barangiza ntibanyishyure.”

Kuba hari imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ikaba itarishyurwa,kuri ubu Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge ibigaragaza nk’ibirimo guteza ibibazo kandi biremereye bitewe n’impamvu Fidèle Ndayisaba umunyamabanga nshingwabikorwa w’iyo Komisiyo asobanura.

 

Yagize ati “Hari abangije imitungo batakiriho,bashaje bapfuye kubera impamvu zitandukanye,kuko bigikomeza kubazwa abasigaye mu mitungo yabo bikabaremerera bakibaza impamvu bagiye kwishyura,banabihuza n’ibibazo by’ubuzima bibagoye,ugasanga birababangamiye,iki kibazo kirahari,biracyari mu bantu bake ariko birahari.”

Ibisa n’ibiteye impungenge kurushaho ni uko ngo hari n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bicwa bazira kwishyuza ibyabo byangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi,Bwana Fidèle Ndayisaba afite urugero.

Ati “Dufite urugero rw’aho umukecuru yishwe ni muri Muhanga ntabwo ari kure,yishwe atwikiwe mu nzu azize abo yishyuza, gusa byageze aho bumva ko kurangiza ikibazo ari uko uwo mukecuru bamwikiza.”

Mu manza 1,320,000 zaciwe n’inkiko gacaca kugeza ubu izigera ku 149,209 ntizirarangizwa,minisiteri y’ubutabera ivuga ko hari imyanzuro y’izo manza byagaragaye ko yanditswe nabi ku buryo bigora abahesha b’inkiko kuzirangiza.

Ku rundi ruhande ariko hari abatsinzwe mu manza za gacaca basabwa kwishyura ariko bakagaragaza ko nta mikoro yo kubona ubwishyu.

Tito DUSABIREMA