Kenya: Guverineri ari gukorwaho iperereza kubera amakimbirane yaguyemo umuntu

Guverineri w’intara ya Taita Taveda Granton Samboja ari mubakorwaho iperereza, ku makimbirane yadutse hagati y’aborozi b’ingamiya agahitana umuturage.

Ikinyamakuru The Nation cyanditse ko uyu mutegetsi Granton Samboja akurikiranwe na bamwe mu bategetsi bafatanije muri iyi ntara.

Hari amakuru ko inyungu bwite zaba ziri mu bituma abategetsi bijandika muri aya makimbirane.

Aba bategetsi hari amakuru avuga ko baba baravuze amagambo yuje urwango muri bariya baturage, ubundi bagashyamirana n’ubwo guverineri yabihakanye.

Igipoliusi cyavuze ko nta mutegetsi n’umwe uzihanganirwa mu gihe bigaragaye ko aryanisha abaturage.