Nta we ubyuka ngo ahindure ifoto iri ku ndangamuntu-NIDA

Bamwe mu baturage batuye mu mujyi wa Kigali bavuga ko bakunze kubura servisi kubera amafoto ari ku ndangamuntu yashaje bagasaba gufotorwa bundi bushya.

Aba baturage bo mu mujyi wa Kigali baganira n’umunyamakuru wa Flash, baramubwira ibibazo bahura nabyo iyo basabye serivisi ibasaba gukoresha indangamuntu kuko amafoto aziriho atandukanye n’uko basa uyu munsi.

Muvandimwe Jacques agaragaza ko igihe bamufotoreye yahindutse cyane,binamuviramo kubura serivisi zimwe na zimwe.

“Twafashe irangamuntu cyera tukiri bato turi abana,ubwo rero zihindutse byaba ari byiza kuko umuntu yageze mu cyiciro atari arimo ku buryo iyo uyihaye umuyobozi ukamubwira ko ari wowe hari igihe avuga ko umubeshya.”

Mugenzi we utashatse ko amazina ye atangazwa avuga ko zihindutse byabafasha kuko bagiye bahinduka ku isura.

“Ni ibintu byumvikana ko bigomba kubaho,kuko nk’imyaka mfite si yo nafatiyeho indangamuntu.Ikibazo cy’indangamuntu bakagombye kugikemura tukagendana n’igihe tugezemo.’’

Undi Muturage witwa Hitimana Claude na we agaragaza ko harabajya Babura serivisi kuko amafoto ari ku ndangamuntu atandukanye n’uko basa.

“Ku ifoto y’Indangamuntu hari abantu benshi bahura n’inzitizi zo kuba yarayifashe afite nk’imyaka 20, akagira 35, njye mbona icyifuzo cyanjye ni uko bahindura indangamuntu ku bantu bazihawe bakiri bato,kuko ifoto ntigaragara,hari ahantu ujya kwaka serivisi bakakubwira ko atari wowe kandi ari wowe.”

Harerimana Margret,Umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Indangamuntu NIDA, avuga ko ikigo ayoboye kizi ko hari abashobora kubura zimwe muri serivisi kubera ko ifoto yo ku ndangamuntu itandukanye n’uko uyifite asa.

“Hari abantu bajya barwara ibibari bakajya kubagwa bagakosora ikosa riba rigaragara ku mubiri wabo cyane cyane ku munwa wabo,icyo gihe iyo bongeye kukubaga isura yawe ntiba igisa n’ifoto iri ku ndangamuntu,wemerewe rwose kuza ukagana abakozi ba NIDA ,bakongera kugufotora.’’

N’ubwo bwose uyu muyobozi avuga ko iki kibazo kizwi, agaragaza ko kugira ngo umuntu yemererwe gufotorwa bigenwa n’umukozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Indangamuntu ndetse ifoto ye ikaba yijimye,yarababutse.

Harerimana ati “Ihame ni ukwifotoza incuro imwe umuntu agahabwa indangamuntu,ariko hari irengayobora kuri iryo hame rusange ariko kongera gufotorwa bigenwa n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Indangamuntu,ni ukuvuga ngo birabujijwe kuba njye nakongera kuvuga ngo reka nifotoze sinabonye indangamuntu,oya ubwo hari impamvu Indangamuntu itasohotse ntabwo ari wowe  ugena ko wongera gufotorwa.’’

Itangwa ry’indangamuntu mu Rwanda rigenwa n’itegeko numero 44/2018, ryo ku wa 13 kanama 2018, rihindura itegeko numero 14/2008, ryo ku wa 4 kamena 2008,rigena inyandiko ry’abaturage n’itangwa ry’itangamuntu ku banyarwanda.

Umunyarwanda uhabwa indangamuntu kuri ubu aba afite imyaka 16 y’ubukure.

AGAHOZO Amiella