Tanzania: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahiye icyoba mu matora

Abadepite mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yagaragaje impungenge n’icyoba ko amatora y’abayobozi mu nzego z’ibanze ko atazaba mu mucyo.

Ikinyamakuru The Citizen cyanditse ko abo mu ishyaka Chadema barimo Freeman Mboye na John Munyika bavuze ko amatora adashobora kuba mu mucyo mu gihe azakoreshwa n’inzego ziyafitemo inyungu.

Iki kinyamakuru ariko cyanditse ko aya makuru y’impungenge by’aba Badepite bo batavuga rumwe n’ubutegetsi  zisa nizakuweho na bamwe mu bategetsi muri za minisiteri, kuko ngo amategeko ariko abiteganya.

Izi ntumwa za rubanda zisaba ko inteko ishingamategeko ikwiye kubijyamo aya matora akaba mu mucyo no mu bwisanzure.

Ibi birasa n’ibidashoboka kuko ngo inteko idafite ubu bubasha isabwa.

Hagati aho ariko kandi ikompanyi y’indege ya Air Tanzania yatangaje ku mugaragaro ko yahagaritse ingendo muri Afurika y’Epfo.

Iki kinyamakuru kivuga ko ingendo zagombaga gukorwa kuri uyu wa gatanu zisubitswe kubera ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga muri Afurika y’Epfo.

Tanzania yavuze ko igihe cyose ubutegetsi bwa Johanesburg butagaragaje ko iki kibazo kidakemutse iyi ndege itazasubirayo.

Izi ngendo zisubitswe nyuma yifungwa ry’indege y’iyi kompanyi muri Afurika y’Epfo kubera imyenda Tanzania yari ifitiye umuturage ufite ubwenegihugu bwa Afurika y’epfo.

Iyi ndege yarekuwe binyuze mu manza.