Umurenge wa Kigali : Bavoma amazi arimo udukoko twitwa imihini

Imwe mu miryango itishoboye  yiganjemo abakuze n’abafite ubumuga yatujwe mu
mudugudu wa Makaga mu murenge wa Kigali irasaba ko bafashwa kubona amazi meza
kuko amazi mabi bakoresha yatangiye kubatera indwara zituruka ku mwanda.

Ni
ikibazo iyi miryango ihuriyeho n’abatuye mu Kagali ka Rwesero aho uyu mudugudu
wa Makaga wubatse bavuga ko nta mazi meza aharangwa n’abayikururiye aza rimwe
na rimwe ntibibabuze gukoresha ayo bita ibirohwa.

Aba
bagaragaza ko ibigega bafite amazi arimo nayo yanduye ku buryo kuyakoresha ari
kimwe no gukoresha andi mazi yo mubishanga baturiye.

Umukecuru
Nyirabiteyiteyi Felesita yagize ati “Ikibazo
cy’amazi kirakomeye, aya mazi arimo ibisimba kuva twagera aha ntiturabona amazi
meza, ni ukujya kuyashaka hariya haruguru, naho amazi yaha yishe abantu iyo
mihini nawe uwayikwereka  muri ibi bigega
wakumirwa. Inzoka ziratwishe.”

Undi
yunzemo ati “Amazi arimo udukoko, bamwe
barwaye macinya abandi barwaye Maraliya. Ni mabi rwose nta mazi meza tugira
badufasha tukabona amazi meza.”

Ni
ikibazo bahuriyeho n’abaturage batuye muri uyu mudugudu ndetse n’indi ihuriye
mu kagari ka Rwesero, bavuga ko amazi bahawe atajya aboneka bityo bakoresha ayo
mu bishanga bakaba basaba ko bafashwa kubona amazi meza.

Nshimiyimana
Moise yagize ati “Tuvoma ibinamba, ni
ibiziba, nonese singibiriya hepfo hano nibyo twivomera nta yandi mazi ubu
dufite.”

Undi
yunzemo ati “Tuva hano tukajya kuvoma
amazi atemba hariya hepfo, kuko nta kindi wakora kuko uba ukeneye amazi.”

Umuyobozi
w’Akarere ka Nyarugenge wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere Nsabimana
Vedaste, avuga ko abatuye aha bahawe amazi meza ariko ko niba batayabona bagiye
kuganira n’ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura  WASAC kikareba ahari ikibazo ikagikemura.

Yagize
ati “Ibijyanye nuko hashira icyumweru cyangwa
bibiri batabona amazi ubwo ni ibya WASAC byo kudahuza imiyoboro neza. Ubwo
twavugana na WASAC kugira ngo babikemure, kuko batubwiraga ko bafite ikibazo
cy’amatiyo aturika ariko iyo tubimenye turabibutsa bakabikurikirana
bakabikemura.”

Ikigo gishinzwe gukwirakwiza
amazi isuku n’isukura WASAC kivuga ko bitewe
n’isaranganya ry’amazi ahari, bituma ibura ry’amazi rigenda riboneka hirya no
hino ariko ko hari imishinga irimo gukorwa n’indi yarangiye yo gufasha
abaturage bakomeje guhura n’iki kibazo.

Iki kigo  cyatangiye kubaka uruganda rutuganya amazi mu
Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Bugesera, rukazajya rutanga metero kibe
ibihumbi mirongo ine ku munsi.

Muri aka Karere kandi
harimo kubakwa ibigega by’amazi ahitwa Bududu, bifite ubushobozi bwo kubika
amazi angana na metero kibe ibihumbi bitanu ku munsi.

Yvette UMUTESI