Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Uganda: Ntabwo nshaje ahubwo nagabanyije ibiro –Perezida Museveni - FLASH RADIO&TV

Uganda: Ntabwo nshaje ahubwo nagabanyije ibiro –Perezida Museveni

Perezida Yoweli Kaguta Museveni yateye utwatsi abamuvugaho gusaza no kugira imbaraga nke bitewe n’uko asigaye agaragara avuga ko atari ugusaza cyangwa se uburwayi ko ahubwo yagabanije umubyibuho k’ubushake.

Mu kiganiro n’abakurikira uyu mutegetsi ku mbuga nkoranyambaga bavuze ko ashaje akwiye kureka kwizirika k’ubutegetsi agaharira abandi.

Mu itangazo rigenewe itangazamakuru ririmo ubutumwa yageneye abaturage rigaragara ku rubuga rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Museveni yemeje ko ubu afite ibiro 76 yarigeze kugira 106.

 Ibi ngo si uburwayi ahubwo ni imyitozo akora yo kugabanya amavuta mu mubiri yabiteye.

Ikinyamakuru Chimpreports cyanditse ko bwana Museveni yavuze ko yamenye ibibi byo kubyibuha akaba asigaye abirwanyiriza kure, ashimangira ko abamushinja kugundira ubutegetsi bakwiye kubirekera ishyaka rye NRM kuko ariryo rizagena niba aziyamamariza manda ya karindwi umwaka utaha.