Kutambara inkweto byongera ibyago byo kurwara imidido

Imidido ni indwara
ifata abantu batandukanye, igaterwa n’utuyoka duto dusiga ibishorobwa mu mubiri
nyuma yo kuruma umuntu ari nabyo bitera ubu burwayi. Kwambara inkweto ni bimwe
mu bifasha kwirinda iyo ndwara.

Inzobere mu buzima zivuga ko igitiza umurindi iyi
ndwara ari ukugendesha ibirenge.

Dr Ruberanziza Eugene yagize ati “imidido
igaragara mu Rwanda ni iterwa n’abakunze kujyenda bakandagira mu gitaka nta
nkweto bambaye. Ni indwara ishobora kugaragara mu myaka icumi umuntu ayanduye, n’ubwo
hari n’indi midido iterwa n’agakoko cyangwa virus, mu Rwanda twasanze
ihagaragara ari iterwa no kutambara inkweto.”

Iyi ndwara y’imidido ikaba ikunze kugaragazwa cyane
no kubyimba ndetse no gukomera cyane kwa bimwe mu bice by’umubiri cyane cyane
amaguru, amaboko, uruhu rutwikiriye udusabo rw’intanga ku bagabo(scrotum)
n’imyanya myibarukiro y’inyuma n’amabere ku bagore.

Uretse ku byimba kw’ibyo bice, ubu burwayi butuma
uruhu n’ibindi bice rutwikiriye bikomera cyane ku buryo bukabije.

Dr Ruberanziza avuga ko  ku muntu warwaye iyi ndwara aba akwiriye
kwihutira kujya mwa muganga kuko ashobora kuvurwa agakira.

 Ati “Urwaye iyi ndwara wese icyo yakora ni ukujya kwa muganga, kandi
kwirinda bwa mbere ni ukwambara inkweto abantu bakareka kujyenda n’ibirenge.
Icy’ingenzi ni ukwiyitaho kandi bagakomeza kugira isuku. Ubonye atangiye
kubyimba amagauru akihutira kujya kwa muganga.”

Inzobere zigaragaza ko iyi ndwara mu rwanda ikunze
kwibasira abaturage abatuye mu gace kabamo amakoro mu ntara y’amajyaruguru, abatuye
mu ntara y’iburengerazuba no mu ntara y’amajyepfo n’ubwo n’ahandi hashobora
kuboneka umubare muto w’abarwaye iyi ndwara.

Umurwayi w’imidido agomba kugira
isuku ihagije kugira ngo hatagira ubundi burwayi bwuririraho bikaba byatuma
arushaho kumererwa nabi.

Kwambara inkweto na byo ni bimwe mu
bifasha kwirinda iyo ndwara cyane ku bantu batuye muri twaduce turimo igitaka
cy’inombe, ibumba ritukura kandi gikize kuri ya myunyu ngugu ya Potissium na
Sodium kuko birinda uruhu guhura n’ubwo butaka ari byo birutera guhora rufite
uburyaryate bishobora gutuma nyirarwo ahora arushimagura na byo bikaba byatuma
imiyoboro y’amatembabuzi ihungabana.

Yvette Umutesi