Humvikanye ibitekerezo bitandukanye kuri gahunda y’Umucamanza umwe

Bamwe mu banyamategeko baravuga ko kuba urubanza rwaburanishwa n’umucamanza umwe bitaba icyuho cya ruswa nk’uko hari hari abakunze kubigaragaza nk’impungenge.

Minisiteri y’ubutabera ivuga ko gahunda y’umucamanza umwe mu rubanza yatekerejwe hashingiwe ku ngano y’imanza zinjira mu nkiko no ku isesengura ryagaragaje ko hari abanyamategeko bahagije kandi b’inyangamugayo.

Raporo y’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere ya 2018 igaragaza ko abaturage bafitiye icyizere ubucamanza mu micire y’imanza ku kigero cya 85,8%, igipimo kivuye kuri 78,3% mu mwaka wa 2017.

Ubushakashatsi kuri ruswa nto bwakozwe na Transparency International Rwanda bugaragza ko muri 2019 mu bucamanza hatanzwe ruswa ingana  mu bucamanza hatanzwe ruswa ya 4 140 000 Frw.

REBA INKURU IRAMBUYE MU MASHUSHO: