Uganda:Amashyaka yatangiye kwihuza na Bobi Wine

Bamwe mu bayoboke n’abayobozi mu ishyaka Democratic Paty mu karere ka Masaka bamaze kwinjira mu ishyaka National Unity Platform ryavuze ko rizahagararirwa na Bobi Wine mu matora ya perezida umwaka utaha.

Ikinyamakuru Daily Monitor cyanditse ko abayoboraga iri shyaka bavuze ko basanze muri ryo nta mugabo urimo wo kuba yahangara guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu, bahitamo kurirekera perezida waryo bisangira Bobi Wine.

Depite Fred Mukasa Mbidde usanzwe ari visi perezida w’iri shyaka yavuze ko abarivuyemo ari abari basanzwe ari umutwaro kuri ryo batubahaga ubuyobozi bwaryo. Ngo aba bagiye nta gikuba gicitse.

Ku urundi ruhande ariko ikinyamakuru the New Vision cyanditse ko irindi shyaka Social Democratic Party naryo ryamaze kwiyunga kuri Bobi Wine ngo akazabahagararira mu matora ya perezida.