Amateka ya Papa Francis, imfura mu bana batanu ba Mario José Bergoglio

Umushumba wa Kiriziya Gaturika ku Isi yose ni umwe mu bayobozi bakomeye ku isi, akaba ari no mu bafata ibyemezo bigera ku bantu benshi. Ni umwe mu bavuga rikijyana.

Jorge Mario Bergoglio waje gufata izina rya Papa Francis amaze kuba Umushumba wa Kiriziya Gaturika ku isi, yavutse ku wa 17 Ukuboza mu 1936 ahitwa Flores mu gace gaherereye mu murwa mukuru wa Argentine, Buenos Aires.

Ni imfura mu bana batanu ba Mario José Bergoglio na Regina María Sívori. Se wa Papa Francis yari umwimukira ukomoka mu Butariyani, utuye muri Argentine.

Papa Francis yize amashuri abanza mu ishuri ry’Abasereziyani ba Don Bosco i Buenos Aires, mu yisumbuye yiga mu ishuri ry’ubumenyingiro, naho muri kaminuza yiga mu ishami ry’ikoranabuhanga mu butabire (Chemical Technology).

Nyuma y’aho yakoze imyaka mike mu bijyanye n’ibyo yize muri laboratwari y’uruganda rwatunganyaga amafunguro (Hickethier-Bachmann Laboratory).

Mu mwaka wa 1969 nibwo Bergoglio yahawe ubusaseredoti, muri 1973 na 1979 agirwa umuyobozi ushinzwe kureberera abakirisitu bo mu ntara zose za Argentine aza kugirwa Arikibishopu(Archbishop) wa Buenos Aires muri 1998.

Nyuma y’imyaka itatu gusa ni ukuvuga muri 2001, Jorge Mario Bergoglio agirwa umukaridinari na Papa Yohani Paul wa II. Karidinari Jorge watorewe kuba Papa, i Vatikani yari ashinzwe imihango mitagatifu n’itangwa ry’amasakaramentu, no gutanga ubutumwa bw’abapadiri, akaba yari anahagarariye Komisiyo ya Vatikani muri Amerika y’Epfo.

Nyuma y’iyegura rya Papa Benedigito wa XVI ku wa 28 Gashyantare 2013, Bergoglio yatorewe kumusimbura ku wa 13 Werurwe muri uwo mwaka afata izina rya Francis, mu rwego rwo guha icyubahiro Mutagatifu Francis wa Assisi.

Papa Francis yafashe iri zina kuko yari afatiye kuri Fransisiko wa Assisi wicishaga bugufi agendeye ku Ivanjiri, akanafasha abakene mu buryo budasanzwe. Ibi ni nabyo bikunze kugaruka mu mikorere ye, ndetse no mu mvugo ye mu bihe bitandukanye.

Aha Papa Francis yari mu mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Yagize ati “Duhora duhangayikishijwe cyane n’ahazaza h’uyu mubumbe, duhangayikishwa n’Isi tuzasigira abazadukurikira, ariko uyu munsi ndetse na buri munsi ndabasaba buri wese mu bushobozi bwe ajye yita kuri mugenzi we. Mwitaneho, mwubahane, bityo uyu muryango uzabe uhurije hamwe, udakorera gusa kugarura amahoro ahubwo ukorera mu mahoho. Udakorera kuzana ubutabera ahubwo ukorera mu mwuka w’ubutabera.”

Uretse ururimi rw’Icyesipanyolo, Papa mushya avuga izindi ndimi zirimo, Igifaransa, Igitaliyani, Ikidage n’Ikilatini.

Yvonne MUREKATETE