Ukraine: Imirwano yaberaga i Mariupol yarangiye

Urugamba rwo mu mujyi wo ku cyambu wa Mariupol mu majyepfo ya Ukraine rwarangiye, nyuma y’amezi atatu ugoswe n’ingabo z’Uburusiya.

Amagana y’abasirikare ba Ukraine ba nyuma kuva kuri uyu wa mbere tariki 16 Gicurasi 2022, barimo kuvanwa mu gace ka nyuma kari gasigaye katarafatwa n’Uburusiya kagizwe n’uruganda rw’ibyuma Azovstal.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 17 Gicurasi 2022, izindi bus zavanyeyo abasirikare b’inkomere bagera kuri 50 ba Ukraine, kandi abategetsi bayo bavuga ko bakomeza gukora ibishoboka n’abandi bose bakahava.

Abo basirikare ba Ukraine barimo kujyanwa mu bice by’iburasirazuba bigenzurwa n’inyeshyamba zifashwa n’Uburusiya hafi y’umujyi wa Donetsk.

Gufata Mariupol yose bivuze ko Uburusiya ubu bufite inzira y’ubutaka ihuza uyu mujyi n’umwigimbakirwa wa Crimea, kandi bugenzura inyanja yose ya Azov.

Ukraine irasaba ko habaho kugurana imfungwa z’intambara kugira ngo abo basirikare bayo barekurwe.

Moscow ntacyo iravuga ku busabe bwa Ukraine bwo guhererekanya imfungwa z’intambara.

Hagati aho ingabo z’Uburusiya zikomeje ibitero bya za misile ahatandukanye muri Ukraine, abategetsi baho bavuga ko kuwa kabiri ibyo bisasu byishe abantu umunani.