Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Nta butabera nteze guhabwa-Munyenyezi - FLASH RADIO&TV

Nta butabera nteze guhabwa-Munyenyezi

Béatrice Munyenyezi woherejwe na Leta zunze ubumwe za Amerika, yongeye kwihana Perezida w’inteko imuburanisha ku nshuro ya kabiri, avuga ko nta butabera ateze guhabwa.

Tariki 21 Gashyantare 2023, nibwo Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwasubukuye urubanza rwa Béatrice Munyenyezi uregwa ibyaha bya jenoside no gufata abagore ku ngufu, ibyaha we aburana ahakana.

Kuri uyu wa Kane tariki 23 Gashyantare 2023, Munyenyezi yihannye Perezida w’inteko iburanisha ashimangira ko nta butabere azahabwa, ni nyuma yaho urukiko rw’isumbuye rwa Huye, rwari rutangaje icyemezo cy’uko abatangabuhamya bamushinja, bazatanga ubuhamya bwabo barindiwe umutekano.

Abanyamategeko bunganira Béatrice Munyenyezi aribo Me Gashema Felecien na Me Bikotwa Bruce, bari basabye ko abashinja umukiriya wabo bakumvwa imbonankubone.

Ubushinjacyaha bwo bwasabaga ko abatangabuhamya bashinja Munyenyezi batanga ubuhamya barindiwe umutekano nk’uko babyifuje.

Munyenyezi yoherejwe mu Rwanda muri 2021, nyuma yo kurangiza igifungo cy’imyaka icumi ku cyaha cyo kubeshya inzego z’abinjira n’abasohoka za Leta Zunze Umwe za Amerika.

Muri uru rubanza yashinjwe kugira uruhare rutaziguye muri jenoside cyane cyane iyicwa ry’abatutsi mu mujyi wa Huye, ndetse n’ubufatanyacyaha mu gufata abagore ku ngufu.