Ubushinwa bwahakanye kwinjira muri mudasobwa z’ibigo bya leta muri Kenya

Ambasade y’Ubushinwa muri Kenya yahakanye ibivugwa mu nkuru y’ibiro ntaramakuru Reuters ko abinjirira mudasobwa (aba ‘hackers’) bo mu Bushinwa bibasiye ibigo bya leta by’ingenzi cyane by’i Nairobi, birimo n’ibiro bya perezida, mu kugenzura niba Kenya yashobora kwishyura ideni rya za miliyari z’amadolari ibereyemo Ubushinwa.

Reuters yari yatangaje ko ibyo bitero byo mu ikoranabuhanga bimaze imyaka byatangiye mu 2019, ubwo Ubushinwa bwatangiraga kugabanya guha inguzanyo Kenya kuko byari bitangiye kuboneka ko izagorwa no kwishyura iryo deni.

Ariko mu itangazo yasohoye ku wa gatatu, ambasade y’Ubushinwa muri Kenya yavuze ko iyo nkuru ari amakabyankuru kandi nta shingiro na busa ifite.

Iryo tangazo rikomeza rivuga riti “Kwinjirirwa muri mudasobwa ni inkeke imenyerewe ku bihugu byose kandi n’Ubushinwa bugabwaho igitero cyo mu ikoranabuhanga.”

Ibi biro bihagarariye Ubushinwa muri Kenya, bivuga ko ari ikibazo gikomeye cyane kwegeka kuri leta runaka igitero cyo mu ikoranabuhanga, nta bimenyetso bifatika bihari.

Ambasade y’Ubushinwa muri Kenya ivuga ko umubano hagati ya Kenya n’Ubushinwa ushingiye ku bwubahane.

Amakuru avuga ko Kenya yagabanyije kwaka inguzanyo Ubushinwa kandi ko kugeza muri Werurwe 2023, yari iburimo ideni rya miliyari 6.31 z’amadolari y’Amerika.