Ikipe ya Manchester City yamaze gutangaza ko myugariro wayo John Stones azayisohokamo ubwo uyu mwaka w’imikino uzaba urangiye nyuma y’imyaka icumi ayikinira.

Stones yaguzwe n’iyi kipe mu mwaka wa 2016 avuye mu ikipe ya Everton kuri miliyoni 47 n’ibuhumbi 500,000 z’amapawundi,Ubwo yagurwaga aya mafaranga byamugize myugariro wambere w’umwongereza wari uguzwe amafaranga menshi binamugira myugariro wa kabiri wari uhenze ku isi muri 2016.
Amaze gutwara ibikombe bigera kuri 19 ndetse akaba anafite amahirwe yo kongeraho ibindi bibiri icya Premier League bakiri guhatanira ndetse na FA Cup aho Man City izahura na Chelsea kumukino wa nyuma taliki 16/05/2026.

DORE IBIKOMBE YATWAYE:
6x Premier League
1x Champions League
2x FA Cup
5x League Cup
3x Community Shield
1x Club World Cup
1x UEFA Super Cup

