José Mourinho mu nzira isubira i Madrid

Ikipe ya Real Madrid iri mu biganiro bikomeye bishobora gutuma umunya-Portugal José Mourinho yongera gusubira gutoza iyi kipe yigeze kubakamo amateka hagati ya 2010 na 2013.

Amakuru ari gutangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi avuga ko ubuyobozi bwa Real Madrid buri gushaka umutoza ushobora kongera guha ikipe ubukana, isura nziza ku bakinnyi ndetse no kubaka ikipe ishobora kongera gutwara ibikombe bikomeye i Burayi. Ni muri urwo rwego José Mourinho ari mu mazina ari kuvugwa cyane.

Mourinho yaherukaga muri Real Madrid mu mwaka wa 2013, nyuma yo kuyitoza imyaka itatu kuva mu 2010. Muri icyo gihe, yafashije iyi kipe kongera kugira ubukana bukomeye mu marushanwa atandukanye ndetse ayihesha ibikombe bitatu birimo: Igikombe cya La Liga cya 2011-2012,Copa del Rey cya 2010-2011, ndetse na Supercopa  ya 2012.

Mu mwaka wa 2011-2012, Mourinho yakoze amateka akomeye muri Espagne aho Real Madrid ye yatwaye La Liga ifite amanota 100 ndetse inatsinda ibitego 121 mu mwaka w’imikino, ibintu byari amateka muri shampiyona ya Espagne icyo gihe.

Abasesenguzi benshi bavuga ko Real Madrid iri gushaka Mourinho kubera impamvu nyinshi zirimo: ubushobozi bwe bwo guhangana n’ibihe bikomeye, gukaza discipline mu rwambariro, kumenya kubaka ikipe ifite mentality yo gutsinda, ndetse n’ubunararibonye afite mu marushanwa y’i Burayi.

Hari kandi amakuru avuga ko bamwe mu bayobozi ba Real Madrid bemera ko ikipe ikeneye umutoza ufite imbaraga mu miyoborere nyuma y’ibihe bivugwamo kutumvikana hagati y’abakinnyi ndetse n’igitutu cy’abafana.

José Mourinho azwi nk’umwe mu batoza bafite amateka akomeye ku Isi kuko yatoje amakipe akomeye arimo Chelsea FC, Manchester United, Inter Milan na AS Roma. Yanatwaye UEFA Champions League inshuro ebyiri.

Nubwo kugeza ubu nta masezerano aratangazwa ku mugaragaro, amakuru ava mu binyamakuru bya siporo byo mu Bwongereza no muri Espagne avuga ko ibiganiro bikomeje hagati y’impande zombi, kandi ko Mourinho ashobora kuba umwe mu bazahabwa amahirwe menshi yo kongera gutoza Real Madrid mu gihe habaho impinduka ku ntebe y’ubutoza.