Perezida Paul Kagame Yashimiye Arsenal yongeye kwegukana igikombe nyuma y’imyaka myinshi

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye cyane ikipe ya Arsenal F.C. nyuma yo kongera kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza, Premier League, nyuma y’imyaka 22 yari ishize itabikozwa.

Kuri uyu wa kabiri, Arsenal yahise yegukana igikombe nyuma y’uko Manchester City F.C. yanganyije na A.F.C. Bournemouth, ibintu byatumye Manchester City itabasha kongera gufata Arsenal ku rutonde rw’agateganyo.

Perezida Kagame yifashishije X ashimira Arsenal

Perezida Kagame, usanzwe ari umwe mu bafana bazwi ba Arsenal muri Afurika, yagaragaje ibyishimo byinshi kuri iyi ntsinzi y’iyi kipe afana kuva kera. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashimye umutoza ndetse n’abakinnyi ba Arsenal bakoze amateka  yari amaze imyaka myinshi.

Kagame yavuze ko Arsenal yagaragaje yishimiye itsinzi ya Arsenal igezeho ibikwiriye nyuma yuko ibihataniye mu mwaka w’imikino utari woroshye.

Abafana benshi ba Arsenal mu Rwanda no hirya no hino ku Isi bahise bishimira ubutumwa bwa Perezida Kagame, bamwe bavuga ko ari umwe mu bayobozi bakuru ku Isi bagaragaza urukundo rukomeye ku mupira w’amaguru cyane cyane kuri Arsenal.