Arsenal yegukanye igikombe nyuma y’imyaka 22

Ikipe ya Arsenal F.C. yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza, Premier League, nyuma y’imyaka 22 itagiheruka, nyuma y’uko Manchester City F.C. inganyije na A.F.C. Bournemouth igitego 1-1.

Umukino Man City yanganyijemo na A.F.C Bournemouth watumye itakaza igikombe

 Kunganya kwa Man City byahise bituma Arsenal ishimangira umwanya wa mbere n’amanota aho bitagishoboka ko Manchester City yakuramo ikinyuranyo cy’amanota arimo hagati yayo na Arsenal mu gihe hasigaye umukino umwe gusa ngo shampiyona irangire. Ni ubwa mbere Arsenal yegukanye Premier League kuva mu 2004, igihe yari ifite ikipe y’amateka izwi nka “The Invincibles” itigeze itsindwa umukino n’umwe muri shampiyona.

Halland yafashije Man City kwishyura ariko ntibyagira icyo bihindura ku mibare y’igikombe

Abafana ba Arsenal bahise basakara mu mihanda ya Londres no hafi ya Stade Emirates bishimira iki gikombe bari bamaze imyaka myinshi bategereje. Mu mukino wahesheje Arsenal igikombe, Bournemouth yabanje gufungura amazamu mbere y’uko Erling Haaland yishyura igitego cya Manchester City mu minota ya nyuma, ariko ntibyabashije gukura Arsenal ku mwanya wa mbere.

Umutoza Mikel Arteta yashimiwe cyane nyuma yo kubaka ikipe ikomeye mu myaka mike ishize. Arteta yari amaze imyaka itatu asoreza ku mwanya wa kabiri inyuma ya Manchester City, ariko uyu mwaka aza gukora amateka yo kongera guhesha Arsenal igikombe cya shampiyona.

Abakinnyi barimo Bukayo Saka, Declan Rice, Martin Ødegaard na William Saliba bagize uruhare rukomeye muri uru rugendo rw’amateka. Arsenal yagaragaje ubwugarizi bukomeye ndetse n’umukino uhamye muri shampiyona yose.

Iki ni igikombe cya kane cya Premier League Arsenal yegukanye ndetse kiba n’icya 14 cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mateka yayo. Uretse ibyo kandi, Arsenal iracyafite amahirwe yo kurangiza uyu mwaka itwaye ibikombe bibiri kuko izanakina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League izahuramo na Paris Saint-Germain F.C. ku wa 30 Gicurasi.