RSSB Tigers BBC yakoze amateka eegukana BAL 2026 Itsinze Petro de Luanda Mu Mukino Wa nyuma w’Agatangaza

Mu ijoro ry’amateka i Kigali, ikipe ya RSSB Tigers BBC yanditse izina rishya mu mateka ya Basketball nyafurika, nyuma yo kwegukana igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026) itsinze Petro de Luanda amanota 90-88.

Uyu mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026, ukaba wakurikiwe n’imbaga y’abafana barenga 6,600 ndetse n’abayobozi bakomeye mu rwego rwa siporo n’igihugu, barimo na Perezida Paul Kagame n’umufasha we.

 Umukino Wuzuye Ibyishimo n’Intambara y’amanota

RSSB Tigers BBC yatangiye umukino igititira, aho mu minota ya mbere yahuye n’igitutu gikomeye cya Petro de Luanda, igasoza agace ka mbere iri inyuma ku manota 27-16.

Umukino watangiye nabi kuri RSSB Tigers BBC yari iwayo

RSSB yarushijwe cyane mu minota ya mbere

Teafale Lenard Jr. ari gutsinda amanota yinjije RSSB Tigers mu mukino

Ndayisaba Dieudonne ari mu bakinnyi bifashishijwe na RSSB Tigers BBC muri uyu mukino

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa nyuma wa BAL 2026

Ariko mu gace ka kabiri, Tigers yagarutse mu mukino ifashijwe cyane na Craig Randall II ndetse na Mangok Mathiang, biza kurangira amakipe yombi anganyije 37-37, mbere y’uko Tigers ifata icyizere ikajya kuruhuka iyoboye.

Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje kuba ishyushye, amakipe yombi asimburana kuyobora kugeza RSSB Tigers BBC isoje ifite akarusho gato k’amanota 61-59.

Iminota ya nyuma y’Agatangaza

Agace ka kane kagaragayemo impinduka zikomeye, harimo imvune ya Aboubakar Gakou wa Petro de Luanda, n’ukongera kugaruka kwa Tigers mu mukino nyuma y’igitutu cy’iminota ya nyuma.

Mu minota ya nyuma, abafana bari muri BK Arena bashyigikiye cyane Tigers, bituma yongera gufata umuvuduko, Craig Randall II yongera kuyifasha gusatira intsinzi.

Umukino warangiye RSSB Tigers BBC itsinze ku manota 90-88, itwara igikombe cya BAL ku nshuro yayo ya mbere.

Amateka mashya ya Basketball y’u Rwanda

Craig Randall II yahise anahabwa igihembo cy’umukinnyi mwiza w’irushanwa (MVP), mu gihe iyi ntsinzi yashimangiye ko u Rwanda rugenda ruba igihangange muri Basketball nyafurika.

Iri rushanwa ryitabiriwe n’abantu bakomeye barimo abayobozi ba BAL, NBA Africa, FIBA Africa, ndetse n’abandi bayobozi batandukanye, ryasojwe mu byishimo bikomeye i Kigali.

Amafoto: Igihe