Kapiteni wa Manchester United, Bruno Fernandes, yinjiye mu mateka ya shampiyona y’u Bwongereza nyuma yo kunganya umubare wa assists zari zimaze imyaka myinshi zifitwe na Thierry Henry na Kevin De Bruyne.
Mu mukino Manchester United yatsinzemo Nottingham Forest ibitego 3-2, Bruno Fernandes yatanze assist yavuyemo igitego cya Bryan Mbeumo, ahita agira assists 20 muri Premier League y’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26. Ibi byatumye anganya amateka yari asanzwe afitwe na Thierry Henry wayagezeho muri saison ya 2002/03 ndetse na Kevin De Bruyne wayagezeho muri 2019/20.
Fernandes yabaye umukinnyi wa gatatu gusa ubashije kugera kuri uwo mubare muri amateka ya Premier League, ibintu byongeye gushimangira uruhare rwe rukomeye mu kongera kuzamura Manchester United muri uyu mwaka.
Uyu Munya-Portugal amaze igihe ari umutima w’ubusatirizi bwa Manchester United, aho usanga hafi buri gitego gikomeye cy’iyi kipe kinyura mu mupira we wa nyuma cyangwa uburyo aremamo amahirwe. Uretse assists 20 amaze gutanga, Bruno kandi yaremye uburyo bwinshi bw’ibitego kurusha abandi bakinnyi benshi bakina hagati mu Bwongereza.
Icyatumye benshi batangazwa n’iyi mibare ni uko Bruno yayigezeho mu gihe Manchester United itigeze iba ikipe yiganjemo gutsinda ibitego byinshi nk’uko byari bimeze kuri Arsenal ya Thierry Henry cyangwa Manchester City ya Kevin De Bruyne. Hari abafana n’abasesenguzi bavuga ko iyo aba akinira ikipe ifite ubusatirizi bukomeye cyane, aba yararengeje assists 20 kera.
Mbere yo kugera kuri aya mateka, Bruno yari amaze no kurenza agahigo ka David Beckham ko gutanga assists nyinshi muri Premier League akinira Manchester United. Kuri ubu amaze kugira assists 70 muri shampiyona kuva yagera muri iyi kipe mu 2020.
Bruno Fernandes kandi aherutse guhabwa igihembo cy’umukinnyi mwiza wa Manchester United ku nshuro ya gatanu, ibintu byamushyize mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri iyi kipe.
Nubwo yamaze kunganya amateka ya Thierry Henry na Kevin De Bruyne, Bruno Fernandes aracyafite amahirwe yo kubacaho kuko Manchester United isigaje umukino umwe wa nyuma wa shampiyona bazahuramo na Brighton. Mu gihe yatanga indi assist imwe gusa, yahita aba umukinnyi wa mbere mu mateka ya Premier League utanze assists 21 mu mwaka umwe w’imikino.

