Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Ubwongereza: Minisitiri Boris Johnson yavuye mu bitaro - FLASH RADIO&TV

Ubwongereza: Minisitiri Boris Johnson yavuye mu bitaro

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Boris Johnson amaze gusezererwa mu bitaro nyuma yo kuvurwa coronavirus, nkuko ibiro bye bya Downing Street bibitangaza.

Byongeyeho ko atazahita asubira ku kazi ako kanya.

Minisitiri Johnson w’imyaka 55 y’amavuko yari yajyanwe ku bitaro bya St Thomas’ byo mu murwa mukuru London mu cyumweru gishize.

Ni nyuma y’iminsi 10 bamusanzemo coronavirus.

Yamaze amajoro atatu mu gice kivurirwamo indembe muri ibyo bitaro, mbere yuko abisubiramo ku wa kane.

Umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza, Dominic Raab, ubu ni we uyoboye leta by’agateganyo.

Amakuru avuga ko abajyanama ba Bwana Johnson bavuga ko ashobora kumara ukwezi atarongera gusubira ku kazi.

Stanley Johnson, se wa Bwana Johnson, yasabye umuhungu we “gufata igihe” akabanza akoroherwa neza.