Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Kenya: Ihame ry’uburinganire ryagizwe itegeko mu butegetsi - FLASH RADIO&TV

Kenya: Ihame ry’uburinganire ryagizwe itegeko mu butegetsi

Abategetsi b’Intara basabwe kubahiriza amahame y’uburinganire aho ubu amabwiriza mashya avuga ko nta ntara izongera kuyoborwa n’umugabo ngo yungirizwe n’umugabo mugenzi we.

Ibi ni nako bizajya bigenda ku Ntara zategekwaga n’abagore, nabo ntibazongera kugira ababungirije b’abagore iyi manda nirangira.

Mu mushinga wo kuvugurura itegeko nshinga rya Kenya, iki kiri mubiri mu mapaje abanza cyane ndetse ubu ngo hari abaguverineri 17 bagiye kwitandukanya n’ababungirije mu gihe bazaba biyamamaza, kuko ubu bategetswe kuzafata uwo biyamamazanya badahuje igitsina.

Ikinyamakuru the Standards cyanditse ko umushinga BBI uteganya ko mu mitegekere ya Kenya nta busumbane bw’ibitsina bizongera kugaragara.

Mu Ntara 25 zigize Kenya, abagore 2 Anne Waiguru utegeka Kirinyaga na Charity Ngilu nibo gusa bategekaga intara batungirijwe, abandi bagore bari mu butegetsi bwo hejuru mu ntara ariko bungirije bari 8.

Ibi bivuze ko mu matora ya 2022 aba bagore nibashaka kwiyamamaza bazashaka basaza babo bazabungiriza.