Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Guinea-Conakry: Amerika itewe yagaragaje ko itewe impugenge n'ibyavuye mu matora - FLASH RADIO&TV

Guinea-Conakry: Amerika itewe yagaragaje ko itewe impugenge n’ibyavuye mu matora

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zavuze ko zifite impungenge ku kudahura kw’imibare y’ibyavuye mu matora ya perezida muri Guinea-Conakry

Mu itangazo ambasade y’Amerika muri Guinea yasohoye, yavuze ko habayeho “Ibura ryo gukorera mu mucyo mu kubara amajwi no kudahura hagati y’ibyavuye mu matora byatangajwe n’ibiri ku mpapuro z’ibarura ry’amajwi yavuye mu biro by’amatora”.

Ibyavuye mu matora by’ibanze byemeza ko Alpha Condé w’imyaka 82 yatsindiye manda ya gatatu – itavugwaho rumwe, mu gihe mu gihugu hakomeje imyigaragambyo irimo urugomo.

Amerika yasabye impande zose gusoza mu mahoro amakimbirane ashingiye ku matora zifashishije inzego zibishinzwe.

Yongeyeho ko ishyigikiye ibikorwa bya dipolomasi birimo gukorwa n’umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Afurika (ECOWAS/CEDEAO), umuryango w’ubumwe bw’Afurika n’umuryango w’abibumbye.

Cellou Dalein Diallo, wahabwaga amahirwe menshi mu bahatanye na Bwana Condé muri ayo matora, yari yitangaje ko ari we wayatsinze.

Yari yabujijwe kuva mu rugo rwe kugeza ejo ku wa gatatu ubwo yavugaga ko noneho abashinzwe umutekano bari bashyizwe ku irembo bahavanywe.