Abagabo banga kwifungisha burundu batinya gutakaza ubushake bw’imibonano mpuzabitsina

Bamwe mu
bagabo bo mu karere ka Bugesera, bavuga ko hagikenewe inyigisho ku buryo bwo
kuboneza urubyaro ku bagabo.

Hari
abatinya gukoresha uburyo bwo kwifungisha burundu batinya ko batakongera kugira
ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina.

Ubuyobozi
bw’ibitaro bya Nyamata buvuga ko kwifungisha burudu ku mugabo bitavuze ko
ahagarika gukomeza kugira ubushake

Kuboneza
urubyaro ku bagabo bizwi nka ‘Vasectomy’ ni uburyo bubuza intanga ngabo guhura
n’intanga ngore.

N’ubwo
ubu buryo buhari bamwe mu bagabo ngo ntibakunze kubwitabira ahanini bitewe
n’uko batabusobanukiwe.

Bamwe
bemeza ko iyo baganiriye n’abagabo begenzi babo bumva bavuga ko iyo umugabo
yifungishije, atongera kugira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina.

HABANABASHAKA
Azarias ati“Nta mahugurwa asanzwe dufite ajyanye no kwifungisha ku bagabo, twari
dusanzwe tubizi  ku bagore, urumva
turabitekereza ko umugabo ashobora kuba yakwifungisha bigahita bigendera rimwe
ntazongere kugira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina bitewe n’uko
bamufunze burundu.”

Mugenzi
we NTEGEREJEMUKIZA Bonaventure nawe yagize ati“Nabyumvaga ariko nkabyumva
kuri buriya buryo bw’imyumvire y’ababikoze cyangwa n’ibindi bitekerezo byo kuba
uganira n’abandi bagabo, bavuga ko iyo wifungishije imibonano mpuzabitsina
itagenda neza,ikindi ngo uciye urubyaro.”

Nyuma yo kumenya ko izi mpungenge zihari, ubu buryo ngo nta ngaruka n’imwe bugira ku mugabo wabukoresheje, yewe ngo ntibigabanya kwishima mu mibonano mpuzabitsina.

Dr.Rutagengwa
William, Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyamata, arasobanura uko bikorwa, akanamara n’abagabo
impungenge.

Yagize
ati “Udusabo tw’intanga tw’umugabo turi
hanze. N’iyo miyoboro iri hanze, n’uruhu ruyitwikiriye gusa. Twebwe rero dufata
ruriya  ruhu,tugafata aho iyo miyoboro
ica,ni akantu gato kameze nk’agaheha 
gacamo izo ntanga ngabo tukagafunga. Kugira ngo umuntu akore imibonano
mpuzabitsina abishaka abikore neza, ni uruhurirane rw’ibintu byinshi ariko byose
bihera mu mutwe. Mu mutwe rero aba ari hazima ntabwo tuhakoraho.”

Dr.Rutagengwa
akomeza avuga ko kugeza ubu mu mavuriro rusange mu Rwanda, uburyo buhari bwo
kuboneza urubyaro ku bagabo ari ubwa burundu,gusa ngo ubwitabire buracyari
bucye.

Minisitiri
w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Diane Gashumba, avuga ko kuboneza urubyaro uyu munsi
bikomwa mu nkokora n’imyumvire y’abashaka kubyara abana benshi, hakaba
n’imyumvire y’amadini gusa ngo Leta ibifitiye igisubizo.

Dr
Gashumba ati“Turaganira n’abanyamadini kandi tukizera ko hari igihe tuzagira aho
duhuriza ariko hagati aho ntabwo tubuza abaturage uburenganzira bwabo. Icyo
leta ikora ni ukubaka amavuriro hafi ya hahandi 
hari amavuriro atari gutanga uburyo bwo kuboneza urubyaro, kugira ngo
badakora urugendo rurerure bajya gushaka serivise.”

Minisiteri
y’Ubuzima itangaza ko igipimo cy’abitabira kuboneza urubyaro magingo aya kigeze
kuri 53%, muri bo 48% bakoresha uburyo bwa kizungu, ikavuga ko ibi bipimo
bikiri hasi ugereranyije n’umuvuduko w’abaturage biyongera.

Dosi
Jeanne Gisele

Leave a Reply