Butaro: 30% by’abaganga barahava kubera kubura amacumbi

Abaganga bakora mu bitaro bya
Butaro bakomeje kwinubira ibura ry’amazu bakodesha hafi y’akazi cyangwa mu
karere ka Burera kose, bigatuma bahitamo kujya kurara mu karere ka Musanze,
abandi bagasezera akazi ku bwo kubura 
aho barara.

Ubuyobozi
bw’akarere ka Burera buravuga ko bugiye gukemura ikibazo cy’ibura ry’amacumbi
mu Murenge wa Butaro,

Dushimirimana
Emmanuel uhagarariye abaforomo n’ababyaza mu bitaro bya Butaro, ndetse na
Nyirabarame Valentine umuforomo muri ibyo bitaro, bombi baravuga ko kubura
amazu bacumbikamo bibakomereye cyane.

Emmanuel
ati “ Tugira ikibazo cya gusezera ku
mirimo kubera ko abakozi batagira aho baba; baba bacumbika hirya no hino, nta n’amazu
ahari yo gucumbikamo, n’uko abakozi badafite aho bigishiriza abana babo,
ugasanga nyine abana babyaye batabona aho biga, ibyo bigatuma akenshi na kenshi
ibitaro bigira abakozi basezera imirimo.”

Nyirabarame
nawe ati “ Urugero nko kuba hatari
amacumbi biratubangamira cyane, kuko ntiwabona inzu iteye sima imeze neza
ushobora gukodesha ngo ubanemo n’abana. Ikindi na none kuba hatari amashuri
biratubangamira kuko iyo umaze kugira umwana, byanze bikunze uba ugomba kujya
gushaka inzu i Musanze kugira ngo umwana wawe abone aho yiga bimworoheye.”

“Biratuvuna mu gutaha, byanze
bikunze tuba tugomba gukora, warara izamu uba ugomba kubona akuruhuko ukajya no
gusanga abo bana kuko tuba twabasigiye abakozi gusa.”

Kubura
amacumbi hafi y’ibitaro bya Butaro, ngo bituma abakozi hafi ya bose bakora
bitahira mu karere ka Musanze, ugasanga bigira ingaruka zitandukanye cyane
cyane ku barwayi.

Nyirabarame
arakomeza “Urugero iyo bigejeje nko mu
masaa kumi, ndi butahe nkajya kureba abana nkorera ku gitutu, rimwe na rimwe
nkaba na ‘hand over’ ntayikora neza kubera mba ndi gusiganwa n’amasaha, n’imodoka
nayo kuyibona ni ikibazo. Biba bigusaba gukora wihuta kugira ngo imodoka
itagusiga, ugiye no kureba abo bana, ujye no gukura uwagiye ku ishuri.”

Umuyobozi
w’Akarere ka Burera wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana Munyaneza
Joseph avuga ko kubaka amacumbi muri ako gace, bizajyana n’igishushanyombonera,
ngo ku buryo bari kuvugana n’abikorera, mu gihe cya vuba amacumbi akazatangira
kubakwa.

Ati
“Mu bijyanye n’amahoteli n’amacumbi
bizajyana n’ishyirwa mu bikorwa ry’igishushanyombonera cy’umujyi wa Butaro, ku
buryo mu minsi iri imbere aho bizaba byatangiye kugaragara… igishushanyombonera
 cyo cyarakozwe n’ubu ugiye kubasura
wasanga imihanda irimo gucibwa, buri kintu gifite aho cyagenewe, na ririya soko
mwabonye rigiye kwimuka, hamwe mabonye agakiriro kari ruguru, byose bizakorwa
hakurikijwe igishushanyombonera.”

Gusa
Dr Mpunga Tharcisse Umuyobozi w’ibitaro bya Butaro we agaragaza ko kubwo kubura
amacumbi, ngo umubare w’abaganga bakomeje gusezera akazi ukomeje kwiyongera.

Ati
“ Abamaze gusezera bagera kuri 30% uyu
mwaka; ni urugero rufatika, kandi tuba twakoze ibishoboka byose, twabahaye
amahugurwa bamaze kugera ku rwego ruzima twishimye ko bagiye gutangira gukora
neza, ukajya kubona bose baragiye, ukongera ugatangira bundi bushya, ni nko
guhinga isuri itwara.”

Umuhoza
Honore