Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umugabo ukurikiranweho gukora kashi mpimbano 75. Yaziteraga ku byangombwa mpimbano byiganjemo ibyo mu nzego zirimo, iz’ibigo bya Leta, amashuri ya kaminuza n’inzego z’ubuzima.
Uyu mugabo yemera icyaha, akavuga ko yari amaze umwaka
akora aka kazi yafatanyaga n’abandi.
KAYISIRE David wafatiwe
mu murenge wa Gitega, avuga ko muri kashi 75 yafatanywe, zose zitari ize.
KAYISIRE avuga ko
yafashaga abamugana abaha ibyangombwa
cyane indangamanota. Hari abatanganga ibihumbi 10 na 15 ndetse ngo hari
n’abatangaga ibihumbi 30.
Akomeza avuga ko
yabikoze yibwira ko bizamukiza vuba, gusa nyuma yo gufatwa na polisi, avuga ko
yicuza ndetse asaba n’imbabazi.
Yagize ati “Nari
narabikoze mu gihe kitageze ku mwaka, aho nshakiye umugore mbivamo. Gusa ejo
nakoreye umuntu w’ inshuti yanjye wari wanyitabaje, mba mfatiwe mu cyuho.
Ndasaba imbabazi.”
![](https://flash.rw/wp-content/uploads/2019/04/kashe-yatanwe.jpg)
David yemera ko hari
n’ibindi byangombwa yasabwaga, agahita ateraho kashi; ngo ntiyabikoraga wenyine
nk’uko abyivugira .
![](https://flash.rw/wp-content/uploads/2019/04/iiii.jpg)
Umuvugizi
wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Umutesi Marie Gorette, yibukije
abatanga ibyangombwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko ko Leta
itazabihanganira, abasaba kubireka.
Yagize ati “Inama ku
bafite izo ngeso n’abandi bajya kuzikoresha n’abajya kugana abo bantu ngo
babone ibyo bahimba, byaba diporome, abo ngabo ndashaka kubabwira ngo agapfa
kaburiwe ni impongo.”
![](https://flash.rw/wp-content/uploads/2019/04/umuvugizi-wa-polisi.jpg)
Ingingo ya 276 y’igitabo
cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umuntu wese ukoze inyandiko mpimbano,
iyo icyo cyaha kimuhamye, ahanishwa igifungo kuva ku myaka myaka itanu kugera
kuri irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshatu kugera
kuri eshanu.
Didace Niyibizi