Imibereho itangaje y’abana bato babana n’ababyeyi babo muri gereza

Gereza zose zo mu Rwanda zifungiyemo abagore, zifite uburyo bwo kurera abana bato batarageza imyaka 3. Ni uburyo bukorwa buhujwe na gahunda ya leta y’ibigo mbonezamikurire y’abana bato.

Umunyamakuru wacu yasuye Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere imwe muyikorerwamo iyo gahunda, yasanze abana bari muri gereza, bafite imyitwarire idasanzwe irimo gutinya cyane abantu batambaye impuzankano y’imfungwa n’abagororwa.

Ni ku isaha y’i saa yine muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere, twinjiye mu cyumba cy’ishuri kirimo abana b’ababyeyi bafungiye muri iyo gereza,harimo abavukiye muri gereza n’abayizanyemo n’ababyeyi. Aba bana bakinaga bisanzwe bahuje urugwiro n’abarimu babo nabo bafunze, ariko babonye amasura mashya arimo n’ayabanyamakuru ubwoba burabataha batangira kurira.

Mukamurigo Regine ni umubyeyi ufungiye muri Gereza ya Mageragere, afite inshingano zo kwita kuri abo bana afatanije na bagenzi be arasobanura impamvu yo gutinya abantu kuri aba bana.

Aragira ati“Gutinya byo biterwa n’uko baba babonye abantu bashya. Baba bameze nk’abatabazi (abantu) benshi ntibasohoka kandi ntibanasurwa ngo babone abantu batambaye nka twe.”

Uretse gutinya abantu batambaye impuzankano z’imfungwa n’abagororwa, aba bana ngo batinya n’amwe mu matungo ubusanzwe abana n’abantu.

 Mukamurigo Regina arakomeza asobanura impamvu y’iyi myitwarire.

Ati Nk’ubu twageze aha babona inkoko hariya ruguru, ibatera ubwoba ntihagira uwongera kuvuga. Ni ukuvuga ngo ibyo byose ntibabibona, ikintu babona hariya mu gipangu ni ipusi ariko ibindi nk’ihene,inkoko ntabyo bazi”

Abarezi b’aba bana hari icyo babona cyafasha aba bana baba bazakomereza ubuzima bwabo hanze yagereza  igihe bagize imyaka itatu y’amavuko.

Mukamurigo Regine aragira ati“Nko kubashushanyiriza wenda aba bamaze kumenya ubwenge bakabona byabishushanyo by’amatungo nk’ihene,inkoko ku buryo  abyize abibona hano yagera hanze akibuka ko ari byabindi yize.”

Bihujwe na gahunda ya leta y’ibigo mbonezamikurire

Ubuyobozi bw’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa rwizeza ko ruzakomeza gushakira amahugurwa ahoraho  abita ku burezi bw’abana bari kumwe n’ababyeyi babo muri gereza kugira  ngo uburere bwabo bube bwiza kurushaho. CGP George Rwigamba ayobora urwo rwego.

Yagize ati “kurera umwana utaracuka bisaba ubumenyi bwihariye kugira ngo umuntu amenye uko amurera. Amahugurwa rero turayabakoresha buri gihe, abagororwa b’abarimu dufite ni abantu baba bazarangiza igihano cyabo bagataha tukongera tukongera tugafata abandi, amahugurwa rero ahoraho.”

Umuyobozi mkuru wa RCS agaburira abana

Umwana wo muri Gereza uri munsi y’imyaka itatu yirirwana n’abarezi be hanyuma ku mugoroba bagasubirana n’ababyeyi babo bakararana.

Muri Gereza ya Nyarugenge i Mageragere habarirwa abana bagera mu 100 barerwa muri ubwo buryo.

Urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa ruvuga ko gereza zose zirimo abagore, zifite uburyo bwo kurera abana bari munsi y’imyaka 3, umwana ugejeje imyaka 3 akurwa muri gereza agashyikirizwa umuryango w’umubyeyi we.

Tito DUSABIREMA

Leave a Reply