Kiir na Machar barahurira mu biganiro byiswe iby’amahoro

Perezida wa Sudan y’Epfo Salva Kiir na Riek Machar umukuru w’inyeshyamba zishaka ubutegetsi, baraganira mu mujyi wa Khartoum ku masezerano y’amahoro.

Ibinyamakuru
byavuze ko ibi biganiro bije mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo
guverinoma ihuriweho n’impande zombi igeho.

Ikinyamakuru
The Monitor cyanditse ko ibi biganiro, leta yabigenzemo biguru ntege, ku buryo
uwareba nabi nta cyavamo.

Iki
kinyamakuru kibukije ko binaje mu gihe, kuwa 12 uku kwezi leta ihuriweho izaba
yagiyeho, nyamara muri iki gihe haravugwa ko Salva Kiir yaba yaratanze ruswa
agatambamira uyu mugambi.

Iyi
niyo nzira yari isigaye yo kurangiza intambara ihamaze imyaka myinshi.

Leave a Reply