Huye: inzu z’abatishoboye zituwemo abazubatse batarahembwa

Abaturage
bubatse inzu z’abatishoboye kuva mu kwezi kwa cyenda, baravuga ko bari guterwa ibihombo
n’amafaranga badahembwa kandi barayakoreye.

Hepfo gato y’ibiro by’akagali ka Mwendo mu murenge wa
Rwaniro ho mu karere ka Huye, hari inzu ebyiri zubakiwe abatishoboye zubakishije
rukarakara, zisakaje amabati y’ubururu.Imwe muri izo nzu irakinze, n’uwo yubakiwe
ayituyemo.

Abazubatse baravuga ko izi nzu bubatse mukwa Cyenda
k’umwaka ushize wa 2018, kugeza ubu amafaranga bakoreye nti barayahembwa.

Nzaramba Innocent yagize ati “Twakoze dufitanye amasezerano n’akagali ko bazajya baduhemba mu byiciro,
ariko nta kiciro na kimwe twahembwe kugeza ubwo twishyuza birinda kujya kuri SACCO,
bigeraho batubwira ko urutonde rwakosamye. 
Ejobundi dusubiye kuri SACCO batubwira ko nta mafaranga ahari kugeza ubu
kuva mu kwezi kwa Nzeri 2018, nta n’igiceri cy’icumi turabona.”

Mugenzi we witwa Nsabimana Jonathan na we yunze mu rye
ati “Ubundi twagombaga guhembwa mu byiciro
bitatu, none inzu yarangije kubakwa tutarahembwa. Iyo tubabajije batubwira ko nta
mafaranga ahari.”

Aba baturage kandi bakomeza bavuga ko kudahembwa aya
mafaranga, byabagize ho ingaruka.

Umwe yagize ati “Ubu tugeze mu gihe cya mitiweli; umuntu
ntiyayibona kandi afite umuryango agomba kuyitangira kandi yarakoreye amafaranga.”

Ubuyobozi bw’akagali ka Mwendo ari nabwo bwagiranye amasezerano
n’abubatse aya mazu, buvuga ko bufitanye amaserano n’abafundi babiri gusa,
bityo bategereje ko akarere kabaha andi mafaranga kuko ayo bahawe bwa mbere yakoreshejwe.

Umunyabanga nshingwabikorwa w’aka kagali, MurenziVenant
yagize ati “abafundi dufitanye ikibazo n’abafundi
babiri gusa. Twari dufite amafaranga tuyakoresha ibindi. Bigaragara ko ayo twari
dufite yakoreshejwe, dutegereje kureba ko akarere kaduha andi nyuma tukabishyura.”

Umunyabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwaniro, Nshimiyimana
Laurent yumvikanye nk’utunguwe kuba iki kibazo kigeze mw’itangazamakuru, avuga ko
bitarenze iki cyumweru amafaranga yabo bazaba bayahawe

Ati “Abaturage barakabije! Twasezeranye ko amafaranga
tuzayabaha kuri uyu wa gatandatu, bitihise bijya mu itangazamakuru? Byibura hataranagera
ngo baze maze bavuge ko batayabonye.”

Hashize amezi icumi izi nzu zubatswe zuzuye, abazubatse kuva batangira nta mafaranga barishyurwa, baberewemo umwenda w’ibihumbi mirongo icyenda y’u Rwanda.

Umunyabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Mwendo

Abatuge bavuga ko bahombejwe byinshi no kutishyurwa

Inkuru ya Nshimiyimana Theogene

Leave a Reply