Perezida wa Rayon Sport yagejejwe mu bujurire mu rukiko rw’ikirenga

Urukiko rw’Ikirenga rwatangiye kuburanisha mu mizi ubujurire bwa Kompanyi Horizon-Sopyrwa iregamo Paul Muvunyi kurigisa umutungo ubarirwa muri za miliyari z’amafranga y’u Rwanda, akayakoresha mu mahoteri ye bwite.

Muvunyi arashinjwa kugurisha umutungo, amafaranga akayashyira ku makonti ye bwite.

Uregwa aravuga ko ibi bivugwa bitabayeho kuko hari ibimenyetso ko izi sosiyete uko ebyiri zitaranakora ihererekanyabubasha mu mutungo.

Abarega barashinja Urukiko Rukuru rwa Musanze gushingira ku bimenyetso bitariho n’abatangabuhamya bo mu magambo gusa.

Umutungo
ushinjwa bwana Paul Muvunyi, uzwi mu gihugu cyane kubera ikipe ya Raypon Sport
abereye perezida, urabarirwa muri za miliyari mu mafaranga y’u Rwanda

Biravugwa
mu rukiko ko uyu mutungo aregwa na kompanyi ya Horizon-Sopyrwa, yawukoresheje
yubaka amahoteri ye ahenze.

Me
Muhayimana Isaie na mugenzi we bunganira iyi kompanyi, bavuga ko bwana Muvunyi hari
miliyari irenga y’amafranga y’u Rwanda yacuruje mu nzitiramibu.

Aya
mafaranga n’ubwo urukiko rukuru rw’ubucuruzi rwa Musanze rwaciye urubanza ko
iki kirego kitamuhama,  ngo ntiyageze
kuri konti za sosiyete yayoboraga.

Araregwa
kandi kuba hari miliyoni n’ibihumbi 200 y’amadolari ya Amerika, ayategejeje
kuri konti akayashyira mu makonti amwanditseho we ubwe.

Uyu
mugabo kandi arabazwa toni 20 z’umushongi w’ibireti bivugwa ko yagurishije mu
mahanga amafaranga yavuyemo ntagaragare mu bitabo by’ibaruramari.

Iburanisha
mu Rukiko rw’Ikirenga ntiryitabiriwe cyane nk’uko byagenze mu rukiko
rw’ubujurire kuko hari abantu bake cyane wabara mu ntoki.

Urubanza
rwatangiye rutinze kuko uruhande rwa Sopyrwa rwazanye ibimenyetso bikubiyemo
ibyavuye mu kigo cy’imisoro n’amahoro biteza impaka.

Uruhande
ruregwa rwagaragazaga ko atari ngombwa ibi bimenyetso, ururega rukerekanako
ntawe ukwiye kubyirengagiza.

Inteko
iburanisha y’abacamanza 5 byabaye ngombwa ko ifata iminota 40 yo kwiherera
ifata umwanzuro kuri ibi bimenyetso, igaruka mu ma saa tanu zuzuye.

Paul
Muvunyi yanyuzagamo akaganira na bamwe mu banyamakuru bari bari ku rukiko,
agenda abasuhuza umwe umwe mu gihe cy’akaruhuko akanakomoza kurubanza rwe.

Iburanisha
ryatangiye uruhande rwa Sopyrwa ruhabwa akanya ko kugaragaza ingingo nshya
ziregerwa, cyangwa izirengagijwe n’urukiko rukuru rw’ubucuruzi rwa Musanze.

Baravuga
ko izi miliyaridi z’amanyarwanda zose Paul muvunyi yazikoreshaga binyuranye
n’ubushake bw’ikampani, kandi akagira konti zitazwi n’uwariwe wese.

Paul
Muvunyi wabaga uhagaze hagati y’abunganizi be babiri mu ishati y’umweru de,ipantalo
y’umukara n’intweto z’umukara, yavuze ko hari kuba ukwitiranya

Yagezagaho
yabazwa akavuga ko ibijyanye n’umutungo wa Sopyrwa, abamurega badafite ububasha
bwo kumurega kuko amakuru y’abanyamigabane batayazi.

Ati
“nk’ubu murambaza ibya Sopyrwa, ariko
ubanza mutanazi ko nta hererekanyamutungo ryabayeho hagati ya sopyrwa na
Horizon.”

Kuri
izi miliyari z’inzitiramibu avuga ko umusoro yawemeye ko uzatangwa, ariko
amasezerano ya Minisiteri y’Ubuzima yaravugaga ko zitazasoreshwa.

Yiregura
kuri izi toni 20 z’umushongi w’ibireti aregwa kugurisha ntagaragaze umutungo, yavuze
ko zitagurishijwe zagarutse muri company n’ubwo aterekanye ibimenyetso.

Kukijyanye
no kuba yarakoreshaga konti za kompanyi mu mazina ye bwite, avuga ko ibi biri
mu bubasha bw’abanyamigabane kuko aribo babizi uko byagenze, ariko nyuma
abamwunganira bagaragaza inyandiko zerekana ko abagombaga kubimenya bari
babizi, n’ubwo abo baburana batabyemera.

Ibi
ngo byanatumye abarega basaba urukiko rukuru rw’ubucuruzi rwa Musanze kuzana
abahanga bakabyemeza, ariko ngo abo bazanye baje bavuga ururimi rwa Muvunyi
Paul gusa gusa.

Abunganizi
ba Horizon Sopyrwa baravuga ko urukiko rukuru rwa Musanze kuri iyi dosiye
rwakunze gushingira ku batangabuhamya n’ibimenyetso bitari byo.

Uru
rubanza ruracyakomeje mu rukiko rw’Ikirenga.

Leave a Reply