Tanzania:Umuryango wahakanye ko mwene wabo wakoraga muri Minisiteri yiyahuye

Umuryango w’uwari umukozi ukomeye
muri Ministeri y’Imari uherutse gusangwa umanitse mu giti bigakekwako yaba
yariyahuye, watsembye ko uko bari bamuzi atabikora.

Ikinyamakuru
‘The Citizen’ cyanditse ko umuvugizi w’umuryango wa nyakwigendera Leopold
Lwabaje, bwana Mugisha Brassio yavuze ko mwene wabo atiyahuye n’ubwo ibizamini
bya muganga bitarajya ahabona.

Icyo
yashingiyeho ngo ni uko imyenda bamusanganye anagana mu giti cy’umwenge mu
karere ka Mkuranga, itandukanye n’iyo yabuze yambaye.

The
Citizen cyandika ko bakekako yaba yarishwe akaba yaramanitswe mu giti hanyuma.

Nyakwigendera
Leopold Lwabaje yarakuriye ishami rishinzwe imikoranire n’umuryango w’ubumwe
bw’uburayi muri iki gihugu, muri Ministeri y’Imari.

Igipolisi
muri kariya karere kivuga ko ibimenyetso byibanze bigaragaza ko yaba
yariyahuye, ariko umuryango we wemeza ko haba hakiri kare kubyemeza abaganga
bataratangaza icyo babonye. Ngo bazafata indi myanzuro nyuma yo kumenya
icyamuhitanye.