Nta gikuba cyacitse kukuba abayobozi beguye –Minisitiri Shyaka

Minisitiri w’Ubutegetsi
bw’Igihugu avuga ko kwegura kwa bamwe  mu
bayobozi b’uturere  hirya no hino mu
gihugu nta gikuba cyacitse mu gihugu nk’u Rwanda cyimakaza imiyoborere myiza,
ishingiye ku buyobozi n’ubushishozi byegerejwe 
abaturage.

Kuva kuri uyu wa kabiri tariki ya 3
Nzeri 2019, nibwo hatangajwe inkuru z’ubwegure bw’abayobozi b’uturere two mu
ntara y’amajyaruguru, amajyepfo, I burengerazuba.

Bamwe mu beguye bavuga ko beguye ku
mpamvu zabo bwite abandi ni imyitwarire mibi mu kazi.

Abayobozi  ba komite

 Bamwe mu bayobozi
ba  Njyanama y’uturere bavuze ko
abaturage ntaho bagera mu iterambere igihe abayobozi babareberera badakora
neza, hari ubwo biba ngombwa ko hajyaho abashoboye

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Shyaka Anastase yagize ati “Uyu munsi mu nzego zibanze bamwe mu
bayobozi b’inzego z’ibanze barasaba njyanama kwegura cyagwa njyanama ikabeguza
nk’uko biteganywa n’amategeko.”

Yongeyeho ko kwegura kw’abayobozi
byatewen’imikorere yabo itari myiza
no kutageza ku baturage ibyo babemereye.

Ati “2019 ni umwaka wa nyuma ushyira icyerecyezo 2020,ni umwaka utuganisha
hafi muri kimwe cya kabiri cy’icyerecyezo igihugu cyihaye cya 2024. Nta gihe
cyo kutakaza, buri karere gafite inyota y’ubuyobozi bwiza ,bukora neza,butuma
bagera ku mibereho myiza y’abaturage n’iteramberebifuza.”

Minisitiri Shyaka yavuze ko nta
gikuba cyacitse mu gihugu giharanira imiyoborere myiza ishyira imbere inyungu
z’umuturage.

 Yagize ati “Nta
gikuba cyacitse, ibi ni bisanzwe mu gihugu nk’u Rwanda cyimakaza imiyoborere
myiza, ishingiye ku buyobozi n’ubushishozi byegerejwe  abaturage, irangwa na Demokarasi kandi
ishyira imbere inyungu z’umuturage n’iterambere ry’igihugu.”

Aba
bari abayobozi mu turere iyo usesenguye imvugo zaba Perezida ba njyanama usanga
batakoreraga ibikwiye abaturage kuko bumvikanisha ko hari aho bayoboraga
abaturage bakiri mu bukene.

Ibi
birasa kandi n’impamvu yasobanuwe na Minisitiri w’Imari Dr. Uziel Ndagijimana,
ubwo yavugaga ku mpamvu imihigo ya 2019-2020 itashyizweho umukono, ngo ni uko
basanze haburamo gukemura ibibazo by’abaturage, Perezida Paul Kagame agasaba ko
byasubirwamo.

Haracyumvikana
nk’abaturage batagira ubwiherero muri utu turere abayobozi basezeye, ndetse no
kutagira ubwiherero by’umwihariko umwanda muri Musanze.

Ubwo
Perezida Paul Kagame ahaheruka yabakebuye abasaba ko akarere k’ubukerarugendo
nka Musanze katagakwiye kubamo umwanda.

Ibi
biriyongeraho na nyobozi za tumwe mu turere usanga zihanganye ku buryo nta
terambere ryahagera.

�@���P