Notice: Function _load_textdomain_just_in_time was called incorrectly. Translation loading for the colormag domain was triggered too early. This is usually an indicator for some code in the plugin or theme running too early. Translations should be loaded at the init action or later. Please see Debugging in WordPress for more information. (This message was added in version 6.7.0.) in /home/flashrw/public_html/wp-includes/functions.php on line 6121
Kevin Hart yatangiye kugenda nyuma y’impanuka ikomeye - FLASH RADIO&TV

Kevin Hart yatangiye kugenda nyuma y’impanuka ikomeye

Amakuru ava mu bantu ba hafi b’umunyarwenya Kevin Hart avuga ko ari gukira umunsi ku munsi, gusa ngo ntaramenya neza igihe asezererwa mu bitaro akajya kurwarira mu rugo.

Uyu mukinnyi wa filimi aracyari mu bitaro nyuma y’imvune n’ibikomere yakuye mu mpanuka ikomeye y’imodoka yabaye ku ku itariki ya 1 Nzeri.

Amakuru avuga uyu munyarwenya w’imyaka 40 yatangiye kugenda gacye n’amaguru, ariko ahantu hato.

Kevin Hart yari atwawe mu modoka ye ubwo yakoraga impanuka ahagana mu masaa sita, hafi y’umujyi wa Calabasas uherereye i Los Angeles muri Leta ya California, mu cyumweru gishize.

Ni impanuka yamuvunnye urutirigongo ahantu hatatu hatandukanye.

Kevin Hart yamenyekanye muri filimi nyinshi zirimo Ride Along, Think Like a Man, The Wedding Ringer na Jumanji: Welcome to the Jungle; azanagaragara no mu gice kindi cya Jumanji kiswe The Next Level kizajya ahagaragara mu mpera z’uyu mwaka.