Abaturage bagaragaje ibikwiye gukosorwa mu mikorere ya ‘Irembo’

Bamwe mu baturage bakoresha urubuga irembo barasaba inzego bireba kunoza ikoranabuhanga ry’uru rubuga kuburyo umuturage abona servise inoze kandi yihuse.

Aba baturage bavuga ko hari ubwo batinda kubona serivisi basabye banyuze ku irembo bagatinda kuyibona bitewe n’uko ikoranabuhanga ry’uru rubuga ridakora neza.

Ubusanzwe irembo ni urubu rwa Interineti rwashyizweho hagamijwe gutanga  servisi zitiruka mu bigo bitandukanye bya  Leta aho ushaka ibyangombwa bitandukanye  nk’icy’amavuko, kwishyura ubwishingizi mu kwivuza Mituelle de Santé, indangamuntu n’izindi serivisi anyura kuri uru rubuga.  

Gusa abaturage baganiriye n’itangazamakuru rya Flash bavuze ko iri koranabuhanga ari ryiza ariko ngo riracyabatenguha bagatinda kubona serivisi bifuza ku gihe.

Umwe ati“Byambayeho nashatse kwishyura Mituelle nishyurira umuryango wanjye, ubwa mbere ndabigerageza njye niyishyurira mu rugo iwanjye birakunda ariko nongeye kwishyurira umubyeyi wanjye namaze iminsi nk’itatu, ingaruka byangizeho ni uko ubu ushaka kwivuza ntuhite ubona uko wivuza.”

Undi ati “ Kwiyandikisha ku ma porovizwari kugira ngo ufatishe umurongo usanga ari ikibazo tugakeka ko biterwa ni uko iba iri gukoreshwa n’abantu benshi.”

Undi nawe ati “ Hari ubwo wishyurira mu irembo wajya kureba ibyo wishyuriye bakakubwira ko bitaragera muri sisiteme(system) ugasanga bigusabye gusubira inyuma kandi uzi ko wishyuye.”

Mu kiganiro ubuyobozi bw’Irembo buheruka kugirana n’abanyamakuru iki kibazo cya sisiteme y’urubuga irembo idakora neza cyagarutsweho.

Abanyamakuru bagaragaje ko umuturage ushaka Serivisi anyuze ku Irembo hari ubwo abyikorera bikanga ariko yajya k’Uhagarariye irembo bigahita bikunda.

 Hibajijwe niba aba hari irindi banga aba bahagarariye Irembo  bakoresha.

Umuyobozi mukuru w’Irembo Keza Faith yavuze ko nta irindi banga ababahagarariye bakoresha  asaba  abaturage kujya bahamagara ku kicaro gikuru cy’irembo mu gihe bahuye n’ikibazo.

Ati “Iyo ugerageje bikanga wahamagara call center yacu ntabwo tukwishyuza ni ukugufasha, uratubwira uti nageze aha bigenda gutya tukakubwira uko ubigenza.”

 Irembo ni gahunda ya Leta yashyizweho mu rwego rwo korohereza abaturage kubona serivisi itanga.

N’ubwo hirya no hino hashyizweho abahagarariye irembo bafasha abashaka serivisi zinyuranye, ngo ubu igishyizwe imbere ni uko buri muturage yabasha kubyikorera.

Daniel HAKIZIMANA