Kenya: Idini ry’Abarasita ryemejwe

Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko ibigo by’amashuli bihagarika kwirukana abanyeshuri biga bafite amaderedi n’imisatsi iboshye ibizwi nk’uburasita.

Urukiko
Rukuru rwanzuye ko uburasita nabyo ari ubundi bwoko bw’idini kandi ryemewe mu
gihugu ku buryo abarasita bagomba guhabwa uburenganzira bwabo.

Ikinyamakuru
cyanditse ko ikirego cyari cyatanzwe n’umubyeyi ufite umwana w’umukobwa wigaga
muri Olympic High School mu mujyi wa Nairobi ubwo yirukanwaga ku kigo.

Umucamanza
yavuze ko itegeko nshinga ry’igihugu ridasobanura neza ikitwa iyobokamana cyangwa
se idini nyamara inkoranyamagambo(Dictionaire) yo ibisobanura neza.

Iki
kinyamakuru kivuga ko umubyeyi ajya kohereza umwana we muri iki kigo, yari
yabamenyesheje ko aba mu cyiciro cy’Abarasita bo muri Kenya bazwi nka Rastafarian
Society of Kenya.

Ikigo
cyabirenzeho cyanga kumwakira kuko afite bene iyi misatsi.