Kigali: Abakora isuku bamaze amezi 2 badahembwa

Mu bice binyuranye mu murenge wa
Kigali uherereye mu karere ka Nyarugenge, bamwe mu bakora isuku bavuga ko aka
kazi bakora batakabonamo inyungu, bitewe n’uko bashobra no kumara amezi 3
badahembwe.

Abaganiriye
n’umunyamakuru wa Flash bamubwiye ko ubu baheruka guhembwa mu kwezi kwa 7.

Ubuyobozi
bw’umurenge wa Kigali buvuga ko iki kibazo butari bukizi, ariko ngo bagiye
kugikurikirana mu cyumweru kimwe bakazaba bamaze kukibonera umuti.

Abagenda
n’abatembera mu mujyi wa Kigali yaba Abanyarwanda cyangwa abanyamahanga, ntawe
ugenda atagize icyo avuga ku isuku iri muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda.

Iyi
suku iri mu byatumye umujyi wa Kigali wamamara ku isi mu mijyi ya mbere
irangwamo isuku.

Iyi
suku ni umusaruro w’akazi katoroshye gakorwa kuva mu masaha y’igitondo kugera
mu mugoroba.

Nyamara
ariko abagakora bavuga ko karimo imvune ikomeye, kuko bagahera ku isaha ya saa
cyenda z’igitondo, bakageza ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.

N’ubwo
aka kazi kagoye ariko bamwe mu bakora iyi suku bavuga ko ntacyo byari bibatwaye,
babaye bishyurirwa igihe.

Umwe
yagize ati “Aka kazi dugatangira nka saa
cyenda bugiye gucya tukakarangiza saa kumi(z’umugoroba). Aka kazi tugakoresha
imbaraga nyinshi cyane. Ubu ikibazo dufite ni icy’umushahara ntago duhembwa
neza. Duheruka guhembwa ay’ukwezi kwa Karindwi, ubundi baduhemba ukwezi kumwe
amezi atatu arangiye, ugasanga ayo mafaranga ntacyo atumeriye kubera amadeni
umuntu aba afite.”

Mugenzi
we yunzemo ati “Ikibazo tugira ni uko tudahembwa, akazi tugira ntacyo katubwiye
pe! Nk’ubu umuntu aba munzu akodesha, afite abana yishyurira ishuri, kandi nk’ubu
duheruka guhembwa mu kwezi kwa karindwi. Ubuse urumva hari iterambere ririmo.”

Aba
bavuga ko aya mafaranga ntacyo abamarira kuko baba bafite amadeni menshi bakaba
bifuza ko bajya bishyurirwa ku gihe, dore ko n’ubu baheruka umushahara w’ukwezi
kwa karindwi.

Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kigali Niyibizi Jean Claude avuga ko iki
kibazo cy’uko abakora isuku mu murenge ayobora badahemberwa igihe atari akizi,
ariko mu cyumweru kimwe gusa kizaba cyabonewe umuti.

Yagize
ati “Iki kibazo ni ikibazo twavugana
n’umuyobozi w’iyo kompanyi, tukareba wenda ikibazo yagize. Yaba
atariyanishyurwa ku rwego rw’akarere tukaba twanamufasha gukora ubuvugizi,
kugira ngo amafaranga abe yaboneka ahembe abakozi. Turagikurikirana mu cyumweru
kimwe turaba twamenye uko giteye.”

Abasukura
umuhanda n’inkengero zawo mu murenge wa
Kigali, bahembwa ibihumbi mirongo ine ku kwezi(40,000).

N’ubwo bavuga ko aya mafaranga atajyanye n’imvune bahura nayo mu kazi, ariko bavuga ko aramutse aziye igihe byabafasha gukemura ibibazo byo mu ngo zabo bakaba banashaka imishinga yabateza imbere.

Yvette Umutesi