Rutsiro: Basanga imirindankuba ihenze ugereranyije n’ubushobozi bwabo

Bamwe mu batuye mu karere ka
Rutsiro mu Ntara y’iburengerazuba bavuga ko bazi neza akamaro k’umurindankuba
ariko bakagorwa n’ubushobozi bwo kubona amafaranga yo kuyigura bagasaba Leta ko
yagabanya ibiciro cyangwa ikajya ibunganira.

Ni
ikibazo bagaragaza ko inkuba zimaze kubatwara inshuti, abavandimwe n’ibintu
n’amatungo.

Iki
kibazo cy’inkuba mu turere tw’intara y’iburengerazuba usanga aritwo yibasira,
bamwe mu bahatuye nabo bemeza ibi ariko ngo bazitirwa n’ubushobozi bucye bafite
ngo babashe kugura imirindankuba.

Umwe
yagize ati“ Urahenze  kandi n’ubushobozi
buba ari buke nko k’umuturage, habaye ubuvugizi muri leta wenda bakatuvuganira
hakabaho nko gufasha umuturage kugira ngo tubonye ibyabasha kuturinda izo
nkuba.”

Undi
yagize ati “Ni ukuvuga ngo hari
umurindankuba wa 2500 hari n’indi bagiye bazana ushinga mu butaka uvanga n’amakara
n’umunyu kamara imyaka ibiri ngo karashaje. Bazane imirindankuba ikomeye,  bagabanye ibiciro tuyigure turebe ko ikibazo k’impanuka
y’inkuba cyagabanuka mu Karere ka  Rutsiro.”

Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe gukumira Ibiza muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA Alphonse HISHAMUNDA, asanga abafite ubushobozi bakwiye kugura imirindankuba naho abatabufite bakwiye gukurikiza amabwiriza yo kwirinda inkuba.

Ati“Ku
babishoboye tubashishikariza ko nabo bashyira ku nyubako zabo imirindankuba,
ntabwo twavuga ngo irahenze cyane kubera ko ari ibikoresho bifite ubushobozi
bwo kurinda ibyago, ufashe inzu ya miliyoni 50 ugashyiraho umurindankuba wa
miliyoni 2 cyangwa 3 uzamara imyaka 10 ntabwo ari igihendo cyane.”

“Hari abadafite ubushobozi turabizi
twese nta n’ubwo ari ngombwa ko buri muturage aho atuye agomba kugira
umurindankuba ikigenzi ni ukwitwararika ya mabwiriza bakamenya ko bose igihe
habaye ibibazo bagomba kujya mu nzu nyo ngamba nziza tubashishikariza , ariko
abafite ubushobozi  byaba byiza ko
barinda inyubako yabo, bakarinda amashanyarazi ayirimo n’ibikoresho bikoresha
amashanyarazi ayirimo.”

  Iyi Minisiteri yemeza ko ahahurira abantu benshi cyane cyane mu bigo by’amashuri yahashyize imirindankuba muri utu turere twibasirwa n’inkuba ariko ngo bazakomeza gushishikariza abubaka inyubako gushyiraho n’imirindankuba.

Sitio Ndoli