Menya byinshi ku munsi mpuzamahanga wahariwe kunywa igikoma

Kuva mu mwaka wa 2009 tariki 10
z’ukwezi kwa cumi buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wo kunywa igikoma.

Amateka
agaragaza ko kunywa igikoma ari umuco w’abaturage b’igihugu cya Ecose kuva mu
myaka ibihumbi byinshi. 

Buri
mwaka mu mudugudu wa   Carrbridge
 muri Ecose haba   amarushanwayo  yo kuzirikana akamaro k’igikoma.

Gukunda
igikoma ku banya Ecose ngo byatumye   abaturage b’iki gihugu baba mu ba mbere mu bakomeje
kugira ubuzima bwiza.

Biturutse
kuguha agaciro igikoma, byatumye abanya Ecose bagira uruhare mu gushyiraho  umunsi mpuzamahanga wahariwe icyo kinyobwa
kiva mu binyampeke bitandukanye.

Buri
tariki 10 Ukwakira buri mwaka, kuri uyu munsi kandi hakusanywa ubushobozi bwo
kugaburira abana bibasiwe n’igwingira mu bo mu bihugu bikennye.

Abana
320.000 buri mwaka muri Malawi bahabwa igikoma cy’ifu y’ibigori ikungahaye ku
ntungamubiri, biturutse ku nkunga ikusanywa n’ibihugu byizihiza umunsi
w’igikoma.

Abana
500.000 bo mu bihugu 16 bikennye cyane ku Isi 
bagenerwa amafunguro y’igikoma nk’uburyo bwo kubatera imbaraga no  kubafasha gukomeza amashuri ku bayavuyemo
kubera inzara ituruka ku bukene.

Ibihugu
nka Malawi, Haiti, Romania, Kenya,  Philippines, Bosnia, India, Liberia, Thailand
na Ecuador  ni bimwe mu bihugu biha agaciro   umunsi
mpuzamahanga w’igikoma.

Bitewe
n’umuco n’amateka ya cyera mu Rwanda igikoma cyafatwaga nk’icyagenewe abantu
b’icyiciro runaka batarimo abagabo.

Ibi
bishimangirwa na zimwe mu mvugo zerekeye kuri iki kinyobwa aho bavugaga bati “Umugabo unyoye igikoma ntamenya igikomye.”

Nyamara
ubushakashatsi bwerekana ko hari bimwe mu binyampeke bivamo igikoma  bishobora gufasha  kugabanya ibiro, umuvuduko w’amaraso no
kurwanya indwara z’umutima.

Tito DUSABIREMA