U Rwanda rweretse amahanga uko koperative zarufashije kwiyubaka

U Rwanda rwagaragarije
amahanga ko amakoperative yafashije abaturage kunga ubumwe bishakamo ibisubizo
by’ibibazo  byatumye rugera ku iterambere
rugezeho ubu
.

Ibi byagaragajwe mu nama mpuzamahanga  y’iminsi itatu iri kubera i Kigali yiga ku ruhare
rw’amakoperative mu iterambere ry’ibihugu.

Muri iyi nama yateguwe n’umuryango w’amakoperatuve ku Isi, Umuryango
w’Ubumwe bw’Uburayi wagaragaje ko amakoperative afasha  abaturage by’umwihariko ab’amikoro macye  kwihuta mu iterambere bigatuma n’ibihugu bigera
 ku iterambere rirambye.

Ambasaderi
Nicola Bellomo
uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yavuze ko amakoperative
yatumye umugabane w’Uburayi wihuta mu iterambere.

Ati “Akamaro k’amakoperative
ni kanini kandi ni ntagereranywa. Uyu munsi i Burayi habarirwa kopetarive
zisaga ibihumb 130 afite abakozi barenga Miliyoni enye n’imari ingana na
Tiriyari imwe y’ama-Euro.”

Mu Rwanda imibare igaragaza ko 45% by’abaturage batejwe
imbere n’amakoperative kandi abamaze kuyajyamo bayagaragaza nk’ayatumye bagera
kuri byinshi umuntu umwe atakwishoboza.

SHYAKA
Hermenegilde aba mu ihuriro ry’abahinzi b’icyayi mu Rwanda ati
“ Abahinzi bagurira ifumbire hamwe kuko
uyiguze wenyine byaguhenda, bakagemurira hamwe bakazanishyuza uruganda,
biraborohereza rero.”

NGENDAHIMANA
Patrick uba muri Koperative icukura amabuye y’agaciro we yagize ati
“ Kuba muri Koperative ni byiza cyane nk’ubu
ng’ubu ushobora kuvuga uti ndajya muri ‘Secteur’ y’amabuye ukumva ko ari ibintu
byoroshye ariko bisaba ishoramari ntabwo ari ibintu byoroshye washobora uri
umwe.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarirwa amakoperative asaga ibihumbi
9 afite imari shingiro ya Miliyari 48.

U Rwanda ruvuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994,
amakoperative yafashije igihugu kongera kwiyubaka.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi
Ushinzwe Igenamigambi, Dr. UWERA Claudine avuga ko amakoperative atuma
abaturage bunga ubumwe bakishakamo ibisubizo.

Ati “Amakoperative
rero ashyira abantu hamwe  bakaganura ku
bibazo bibugarije bakabishakira 
ibisubizo. Navuga ko ari kimwe kiri muri gahunda yo kwishakamo ibisubizo
dushobora kunguranaho ibitecyerezo muri iyi nama.”
 

Kuri ubu mu Rwanda harabera inama mpuzamahanga y’iminsi itatu  ihuje impuguke mu bukungu, Abanyapolitiki,
Abanyamuryango b’amakoperative aho barebera hamwe uruhare rw’amakoperative mu
iterambere ry’ibihugu.

Ni inama yateguwe n’Umuryango  w’Amakoperative ku Isi ICA.

  Hashize imyaka 14 u Rwanda rwinjiye muri uyu
muryango.

Daniel HAKIZIMANA