Makuza yatungiye urutoki Sena nshya ahari umukoro uyitegereje

Biro ya Sena icyuye igihe irasaba abasenateri bashya gushyira imbaraga mu kumvisha Abanyarwanda amahame remezo igihugu kigenderaho.

Biro Nshya ya Sena na yo yemera ko izashyira imbaraga mu kwita ku mahame remezo yubatse  igihugu kugira ngo akomeze abe umusingi w’igihugu.

Kuri uyu wa gatanu Bernard Makuza wayoborabaga Sena icyuye igihe yahererekanije ububasha ba Dr Iyamuremye Augustin watorewe kuyobora Sena muri manda yayo ya gatatu.

Nyuma yo gutorwa ku bw’iganze bw’amajwi Dr Iyamuremye Augustin akaba Perezida wa Sena muri manda yayo y’imyaka 5 iri imbere, yahererekanije ububasha na mugenzi Bernard Makuza wayoboye uwo mutwe w’inteko ishinga amategeko muri manda yawo ya 2.

Aba bagabo bombi bamaranye amasaha atari munsi ya tatu, ni igihe Dr Iyamuremye asobanura ko kidasanzwe ariko gifite icyo gisobanuye.

Ati “Mu muzima bwanjye nagize amahererekanya bubasha menshi ariko ni ubwa mbere mbonye umuyobozi ufata igihe agasobanurira uko bikwiye abo ahaye ububasha imikorere, imikoranire, ibyakozwe, ibisigaye gukorwa n’ibisigaye kunozwa”.

Kuva ubu Dr Iyamuremye Augistin w’imyaka 73 bidasubirwaho yatangiye imirimo yo kuyobora Sena y’u Rwanda, uwo asimbuye mbere gato y’uko asohoka mu ngoro y’inteko ishingamategeko yabwiye itangazamakuru ko aho abagize Sena nshya aho bagomba gushyira imbaraga ari ukwamamaza amahame remezo igihugu kigenderaho muri rubanda.

Bwana Makuza arasobanura impamvu aho ariho bagenzi be asigiye inshingano bakwiye kwibanda.

Ati “Natwe niho twashyiraga imbaraga kugira ngo sena yumvikane nk’urwego rujya inama rushinzwe amahame remezo ari yo mahitamo y’Abanyarwanda”.

Biro ya Sena Nshya ntinyuranya n’abo isimbuye ku nshingano zibategereje zo kwamamaza amahame remezo afatwa nk’umusingi w’igihugu, n’ibyo kimaze kugeraho byose. Dr Augustin Iyamuremye Perezida wa Sena.

Ati “Icyo ni cyo cya mbere na mbere na twe tuzaheraho kugira ngo turebe uko twakomeza gufatanya n’izindi nzego kugira ngo koko ayo mahame remezo yubatse u Rwanda aho rugeze ubu akomeze abe umusingi w’iki gihugu, cyane cyane ko ariya mahame yose nk’uko na nyakubahwa Bernard Makuza yabitweretse mu buryo bwa gihanga, ashingiye ku bumwe bw’Abanyarwanda”

Ingingo ya 84 y’itegeko Nshinga iha Sena umwihariko wo kurinda amahame remezo ateganywa n’ingingo ya 10.

Ayo mahame Remezo atandatu  ni: Gukumira no guhana icyaha cya jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya bya jenoside no kurandura burundu ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyo igaragariramo byose; 2° kurandura burundu ivangura n’amacakubiri bishingiye ku bwoko, akarere n’ibindi, no gushyira imbere ubumwe bw’Abanyarwanda; 3° gusaranganya ubutegetsi nta bwikanyize; 4° kubaka Leta igendera ku mategeko n’ubutegetsi bwa demokarasi ishingiye ku bitekerezo bya politiki binyuranye, uburinganire bw’Abanyarwanda bose n’ubw’abagore n’abagabo bushimangirwa n’uko abagore bagira nibura mirongo itatu ku ijana (30%) by’imyanya mu nzego zifatirwamo ibyemezo; 5° kubaka Leta iharanira imibereho myiza y’abaturage no gushyiraho uburyo bukwiye kugira ngo bagire amahirwe angana mu mibereho yabo; 6° gushaka buri gihe umuti w’ibibazo binyuze mu nzira y’ibiganiro n’ubwumvikane busesuye.

Tito DUSABIREMA