Maria Sharapova ari mu Rwanda

Umukinnyi wa Tennis Maria Sharapova watwaye ‘Grand Chelem’ eshanu, akaba yaranabaye na nimero ya mbere mu mukino wa Tennis ku isi, ari mu ruzinduko rusura u Rwanda kuva kuri iki cyumweru.

Uyu Murusiyakazi w’ikirangirire
mu mukino wa Tennis yasuye ingagi zo mu birunga mu karere ka Musanze kuri uyu
wa kabiri.

Mu butumwa yanyujije
kuri Twitter Sharapova yerekanye ifoto yishimye, ari hafi y’ingagi za Silverback.

Ati “ Rwanda! Mu rugendo rwa mu gitondo rurimo imvura nyinshi, nabonye ingangi za Silverback.”

N’ubwo urugendo rwe rwo
gukina Tennis rwaranzwe n’imvune, Sharapova ari mu bakinnyi b’ibihe byose b’abagore
muri uyu mukino, kuko yagiye atsindira nibura igikombe kimwe buri mwaka, kuva
mu 2003 kugeza mu 2015; ni agahigo gafitwe n’abantu batatu gusa aribo: Steffi
Graf, Martina Navratilova na Chris Evert.

Sharapova n’umuntu
wamenyekanye mu mikino usuye u Rwanda nyuma ya myugariro w’Arsenal David Luiz
uherutse kuhatemberera mu kwezi gushize.