Perezida kagame yagaragaje ko kujya mu gisirikare ari amahirwe atagira uko asa

Perezida wa
Repubulika y’u Rwanda, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Paul KAGAME, yavuze
ko kurinda umutekano w’Igihugu n’abagituye ari umwuga mwiza, udateye ubwoba,
ushimishije kandi ko kuwujyamo ari amahirwe atagira uko asa ku buryo nawe
yongeye guhitamo icyo yaba yahitamo kuba umusirikare.

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa 16
Ugushyingo 2019 ubwo yagezaga impanuro ku ba-Ofisiye 320 basoje amasomo ya
Gisirikare mu Ishuri rya gisirikare rya Gako, riherereye mu Karere ka Bugesera.

Perezida Kagame yavuze ko ingabo z’u Rwanda
zifite amateka yihariye kuko zafatanyije ubwazo n’abaturage mu kubohora igihugu
no gukomeza kucyubaka kugeza aho kiri uyu munsi kandi ‘Niko bizakomeza kugira
ngo igihugu kigere aho kifuza kugera ejo’.

Ati “Izo
ngabo zirinda ibyubakwa n’abanyarwanda kandi nazo zirimo. Niwo murimo w’ibanze,
niwo murimo wa mbere. Ingabo zikubaka kandi zikarinda n’amahoro, umutekano
igihugu gikenera, ibihugu byose bikenera kugira ngo amajyambere n’ibindi
bishobore kuboneka.”

Ibyo ngo bisobanuye ko buri wese agira uruhare
rwe ariko bikaba akarusho iyo abantu bose bafatanyije ‘Bikagaragarira mu ntambwe
igihugu gitera, gitera imbere’. Ibyo ngo kugira ngo bigerweho bibasaba kugira
ikinyabupfura cyo ku rwego rwo hejuru.

Perezida Kagame yashimiye abasoje aya masomo ya
gisirikare barimo abamaze umwaka umwe n’abamaze imyaka ine, avuga ko umwuga bahisemo
ubamo kwitanga.

Ati “Ni
umwuga ubamo kwitanga, ubamo kwitangira igihugu, ni umwuga mbese w’abashaka
kubaka icyo gihugu, ni umwuga ushimishije, uha agaciro abawurimo ndetse
bikagera no ku gihugu muri rusange.”

Perezida Kagame yavuze ko ‘Bahisemo kuba
abasirikare bazi izo nshingano kandi ko ibisabwa kugira ngo bazuzuze babihawe
mu masomo basoje, igisigaye ari ukubishyira mu bikorwa’.

Perezida Kagame yavuze ko imiterere y’igisirikare
nta kiruhuko bagira, bisobanuye ko ubu akazi ko kurinda umutekano bagatangiye,
bagomba guhoza ku mutima inshingano bahawe.

Perezida Kagame yibukije abasoje amasomo ko kugira ngo igihugu kigire umutekano n’amahoro bisaba ko hari abemera kwitanga bagaharanira ayo mahoro.

Ati “Amahoro
ntabwo apfa kuboneka gutyo abantu barayaharanira. Hari uburyo bwinshi, hari
ubwo mwateguwemo, ibyo ndumva bitazabagora kubyuzuza, tukabana hagati yacu,
tukabana n’ibihugu duturanye, tukabana n’amahanga, tugahahirana, tukubahana.”

Perezida Kagame yavuze ko nta zibana zidakomanya
amahembe ko hari igihe abantu banduranya kandi yizeye ko abo basoje ayo masomo
bateguwe guhosha ibibazo nk’ibyo bitewe n’uko byaje.

Mu banyeshuri 320, abagera kuri 29 ni abakobwa,
mu gihe bane basoje amasomo ya gisirikare mu bihugu by’ibituranyi n’u Rwanda.

Abo banyeshuri biga mu mashami atandukanye arimo Ubuvuzi, Mechanical Engineering, Ubumenyi bw’Imibanire y’abantu hongewemo n’ubwa Gisirikare (Social and Military Science, Engineering, and General Medicine).