Nta muturage uzongera kwimurwa muri Kigali kubwo kubura amikoro yo kubaka

U
Rwanda rugiye gushyira hanze igishushanyo mbonera gishya cy’umujyi wa
Kigali  kizabasha ab’amikoro macye kubona
aho kuba.

Ni mu gihe abaturage bamaze igihe bagaragaza ko
kubaka muri Kigali bihenze busaba amikoro ahambaye.

Abatuye n’abagenda mu mujyi wa Kigali bakunze
kugaragaza ko kubaka muri uyu murwa mukuru w’igihugu bihenze nk’uko bamwe
muribo babwiye itangazamakururya Flash.

Umwe ati “ Hari ababa badafite ubushobozi bwo kubona amafararanga basabwa na Leta,
bityo ugasanga umuntu aheze mu gihirahiro, kubaka ugusanga bibaye ikibazo.”

Undi ati “ Cyeretse
umuntu afite nk’ingwate yenda akeyerekana bakamugiriza kuko bamwe baba bazifite
nk’amasambu.”

Undi ati “ Ni
ibintu bigoye cyane kubaka muri Kigali, ndumva nta kindi narenzaho.”

Ubushobozi bucye bw’abaturage ngo ninabwo butuma
abaturage bubaka mu kajagari, kuko baba badashaka kuva mu mujyi.

Mu kiganiro cyahuje ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali
n’inzego zibanze kuva ku rwego rw’umudugudu, hasobanuwe ko hari igishishanyo
mbonera kivuguruye  cy’umujyi kigiye
gushyirwa ahagaragara, kandi abayobozi mu nzego z’ibanze bagaragaza ko basanze
kizafasha abaturage b’amikoro macye kubona aho batura.

Ingabire Josephine uyobora umudugudu w’umutekano mu
murenge wa Kimihurura ati “ Aya mahugurwa
twakoze ni meza cyane kuko biri budufashe kwegera abaturage, tukabasobanurira
neza ko bafite uburenganzira bwi kujya gusaba icyangombwa bagasana…”

Gatsinzi Jean Claude umuyobozi w’akagari ka Kibenga
mu murenge wa Ndera mu karere ka Gasabo ati “ Ziri muri zoning zose batubwiye arizo R1 na R2 zigaragaza neza ko
umuturage ashobora kubaka akurikije ubushobozi afite.”

Umujyi wa Kigali wijeje abaturage ko ntawe uzongera
kwimurwa mu butaka bwe kubwo kubura 
ubushobozi bwo kubaka bijyanye n’igishushanyo mbonera, ahubwo ngo
abaturage  b’amikoro macye igishushanyo
mbonera kivuguruye kizafasha n’abamikoro macye kubona aho gutura muri Kigali.

Benon Rukundo ashinzwe
gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali.

Ati“ Hari uburyo bwinshi twasobanuye; ubwa mbere ni
ukubaka mu byiciro akurikije ubushobozi afite, ubundi ni uko ushobora
kwifatanya na bagenzi bawe muturanye cyangwa abandi bantu wihitiyemo mugafatanya,
mugashyira mu bikorwa uwo mushinga.”

Igishushanyo mbonera kigenderwaho ni icya 2013. Gusa
iki kigaragazwa nk’itarengeraga umuturage w’amikoro macye ushaka kubaka muri
Kigali. Biteganyijwe ko mu mpera z’uyu mwaka aribwo hazashyirwa ahagaragara
igishushanyo gishya  cy’umujyi.