U Rwanda mu bihugu bitaritabira ubwishingizi Nyafurika bw’ibiza

Ikompanyi Nyafurika y’ubwishingizi
bw’ibiza ishamikiye ku muryango w’Ubumwe bw’Afurika  ‘The African Risk Capacity Insurance Company
Limited’ iraburira ibihugu  byo kuri uyu
mugabane gushyira imbaraga mu kagana ubwo bwishingizi. 

Ibi
ngo bikozwe bityo  ibihugu by’Afurika
byagira ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka z’ibiza hatabayeho gukomeza gutega
amaboko inkunga y’amahanga.

Icyemezo
cy’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika cyo gushaka uburyo bwo kwirwanaho mu bikorwa
byo gukumira Ibiza no guhangana n’ingaruka zabyo, byatumye  uwo muryango ushyiraho ikigo cyo guhangana
n’ibiza kuri ubu kigizwe n’ibihugu 33 n’u Rwanda rurimo, icyo kigo nacyo kiza
gushyiraho Kompanyi y’ubwishingizi aho Igihugu kinyamuryango gitanga imisanzu
mu buryo buhoraho muri iyo Kompanyi y’ubwishingizi nacyo kikazagobokwa igihe
kibasiwe n’ibiza bisaba ubushobozi burenga ingengo y’imari icyo gihugu
cyateganirije guhangana n’ingaruka z’ibiza.

Mu
myaka itanu ishize ubwo bwishingizi buvutse ibihugu umunani gusa nibyo bitanga
imisanzu, bivuze ko ari nabyo byahabwa amafaranga yo guhangana n’ingaruka z’ibiza
igihe byaba byibasiwe.

Dolika
Banda uyobora iyo Kompanyi y’ubwishingizi arahera ku gihe bisaba kugira ngo
igihugu cya Afurika gitabarwe n’amahanga igihe cyahuye n’ibiza, mu kugaragaza
impamvu ibihugu bya Aufrika bikwiye kwishakira ibisubizo.

Aragira
ati “Mu myaka myinshi ishize Afurika
yazahajwe  n’amakuba aturuka ku
mihindagurikire y’ibihe  nk’amapfa, imyuzure
,inkubi z’imiyaga ikomeye nko muri Mozambique, kandi buri gihe tugategereza
ubufasha  bw’abagiraneza kugira ngo baze
badufashe, kandi ubwo bufasha bw’abagiraneza ntabwo buza ako kanya nyuma
y’ibiza, bishobora gufata amezi, rimwe na rimwe imyaka kugira ngo ayo mafaranga
agere ku mugenerwa bikorwa.”

Senegal
ni kimwe mu bihugu biri muri ubwo bwishingizi bw’ibiza giherutse guhabwa
miliyoni 22 z’amadorali ya Amerika igihe cyari kibasiwe n’ibiza.

 Umuyobozi
mukuru w’ikigo cyo guhangana n’ibiza Africa Risk Capacity ari nacyo cyabyaye
Kompanyi Nyafurika y’ubwishingizi Mohamed Béavogui, arasaba ibihugu bitaragana
ubwo bwishingizi gusuzumira inyungu kubyamaze kwishyurwa igihe byahuraga
n’akagaga k’ibiza.

Ati
Ndashaka kubwira ibyo bihugu, kubera ko
ndi kubwira itangazamakuru, ni mujye mu bindi bihugu byishyuwe n’ubwishingizi, twishyuye
mu bihugu bitandatu, uyu munsi tumaze kwishyura miliyoni 70 z’amadorali kuri
ibyo bihugu byagize ibibazo bikaba byaratanze imisanzu neza, niyo mpamvu ubu
bwishingizi ari ingenzi.

Ministeri
Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi iherutse gutangaza ko mu mezi icyenda ya mbere
y’umwaka wa 2019 mu Rwanda abagera kuri 70 babuze ubuzima kubera Ibiza, imirima
ibarirwa muri hegitari 6708 irangirika.

Iyi
Ministeri yagaragaje ko u Rwanda 
rwatanze akayabo ka Miliyoni zisaga 743 z’amafaranga y’u Rwanda mu
gufasha abazahajwe n’ibiza muri ayo mezi, nabajije umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri
y’Ubuhinzi n’Ubworozi Jean Claude MUSABYIMANA, impamvu u Rwanda rutaragana
ubwishingizi Nyafurika bw’ibiza nyamara ruri mu bihugu byibasirwa nabyo.

Musabyimana
yagize ati “Ntabwo twatinze ahubwo ni
umurongo, ni urugendo umuntu akora bakamufasha gusuzuma ibyago afite byo
kwibasirwa n’ibiza noneho mwamara kumvikana mukanumvikana ubwishingizi ukeneye
ukabufata nk’igihugu, ariko uzi icyo ufashe icyo ari cyo.”

Ishami
ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima rivuga ko mu bihugu bikiri mu nzira
y’amajyambere ho Ibiza bihitana abantu 60000 buri mwaka.

OMS
igaragaza ko hagati y’umwaka wa 2030 n’uwa 2050 ingaruka ziterwa n’ihindagurika
ry’ibihe zizongera imfu z’abantu 250 000 ku zisanzweho, ni mugihe Abanyafurika
basaga miliyoni imwe bapfuye mu myaka 20 ishize bazize Ibiza.

Mu
mpera z’ukwezi kwa 10 uyu mwaka Umuryango w’Abibumbye watangaje ko  abaturage miliyoni 45 bo mu bihugu byo muri
Afurika y’Amajyepfo bazibasirwa n’ibura ry’ibiribwa mu mezi atandatu ari imbere
ahanini bitewe n’izuba ryacanye ku myaka myinshi muri ako gace.

Tito DUSABIREMA