Musanze:Bashenguwe no kubona imigirigiri ikinira umupira hejuru y’imibiri y’ababo ishyinguye mu irimbi rya Nyamagumba

Abafite ababo bashyinguye mu Irimbi rya Nyamagumba riri mu karere ka Musanze barasaba inzego zibishinzwe guhagarika urubyiruko rurikiniramo umupira w’amaguru.

Uru rubyiruko rurakora ibi Muri iyi minsi Imikino y’umupira w’amaguru ndetse n’ibindi birori bihuriza hamwe abantu benshi bitemewe mu rwego rwo kwirinda Covid19.

Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwo buvuga ko ubusanzwe bwari bumenyereye ko Urubyiruko rutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid19 rujya ku mihanda ngo ubwo rwihaye gukinira Umupira w’amaguru mu Irimbi n’ikibazo gikomeye.