RDC:Imiryango irenga 200 yakuwe mu byayo n’imvura idasanzwe

Imvura idasanzwe yasize imiryango irenga 200 mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri teritwari ya Fizi idafite aho kuba.

Ikinyamakuru Actualite congo cyanditseko ibi bihe muri kariya karere bisanzwe ko imvura iba ica ibintu. Imiryango itari iya leta iravuga ko ubu hari imiryango myinshi iri kurara ku gasozi kandi idafite aho yikinga.

Ubu amakuru aturuka muri muri teritwari ya Fizi aravuga ko iyi mibare nayo ishobora kwiyongera, kuko bataramara kubarura ibyangijwe. Abagitegereje ubufasha bose bamwe ubu bari gucumbikirwa mu mashuli.